Gutegeka kwa Kabiri 8:1-20

8  “Amategeko yose ngutegeka uyu munsi ujye uyitondera+ kugira ngo ukomeze kubaho,+ wororoke ugwire kandi ujye mu gihugu Yehova yarahiye ba sokuruza, ucyigarurire.+  Ujye wibuka inzira yose Yehova Imana yawe yakunyujijemo mu butayu mu gihe cy’imyaka mirongo ine,+ kugira ngo akwigishe kwicisha bugufi,+ akugerageze+ amenye ikiri mu mutima wawe,+ niba uzakomeza gukurikiza amategeko ye cyangwa niba utazayakurikiza.  Yakwigishije kwicisha bugufi, arakureka wicwa n’inzara,+ akugaburira manu+ utigeze umenya, yaba wowe cyangwa ba sokuruza, kugira ngo akwigishe ko umuntu adatungwa n’ibyokurya gusa, ahubwo ko atungwa n’ijambo ryose riva mu kanwa ka Yehova.+  Muri iyo myaka mirongo ine, umwitero wawe ntiwagusaziyeho, n’ibirenge byawe ntibyigeze bibyimba.+  Kandi uzi neza mu mutima wawe ko Yehova Imana yawe yashakaga kubakosora nk’uko umuntu akosora umwana we.+  “Ujye witondera amategeko ya Yehova Imana yawe, ugendere mu nzira ze+ kandi umutinye.+  Yehova Imana yawe agiye kukujyana mu gihugu cyiza,+ igihugu cy’ibibaya bitembamo imigezi, gifite amasoko n’amazi y’ikuzimu apfupfunukira mu bibaya+ no mu karere k’imisozi miremire,  igihugu cy’ingano zisanzwe n’ingano za sayiri, imizabibu, imbuto z’imitini n’amakomamanga,+ igihugu cy’ubuki n’imyelayo ivamo amavuta,+  igihugu utazicirwamo n’inzara cyangwa ngo ugire icyo ubura, igihugu kirimo amabuye yuzuyemo ubutare, n’imisozi uzacukuramo umuringa. 10  “Numara kurya ugahaga,+ uzashimire+ Yehova Imana yawe ko yaguhaye igihugu cyiza.+ 11  Uramenye ntuzibagirwe+ Yehova Imana yawe ngo ureke gukurikiza amateka, amabwiriza n’amategeko ye ngutegeka uyu munsi,+ 12  kugira ngo utazamara kurya ugahaga, ukubaka amazu meza ukayaturamo,+ 13  amashyo n’imikumbi yawe bikiyongera, ukagwiza ifeza na zahabu ndetse n’ibyo utunze byose bikiyongera, 14  maze umutima wawe ukishyira hejuru,+ ukibagirwa Yehova Imana yawe yagukuye mu gihugu cya Egiputa, mu nzu y’uburetwa,+ 15  akakunyuza mu butayu bunini buteye ubwoba,+ burimo inzoka z’ubumara+ na sikorupiyo, ku butaka bukakaye butagira amazi, akakuvanira amazi mu rutare rukomeye,+ 16  akakugaburirira manu+ mu butayu, iyo ba sokuruza batigeze kumenya, kugira ngo akwigishe kwicisha bugufi+ kandi akugerageze hanyuma uzamererwe neza,+ 17  nuko ukibwira mu mutima wawe uti ‘imbaraga zanjye n’ubushobozi bwanjye ni byo nkesha ubu bukungu.’+ 18  Ujye wibuka Yehova Imana yawe, kuko ari we uguha imbaraga zituma ubona ubutunzi+ kugira ngo asohoze isezerano rye yarahiye ba sokuruza, nk’uko yabikoze kugeza n’uyu munsi.+ 19  “Kandi nimwibagirwa Yehova Imana yanyu, mugakurikira izindi mana mukazikorera kandi mukazunamira, uyu munsi ndabahamiriza ko muzarimbuka mugashira.+ 20  Muzarimbuka nk’amahanga Yehova agiye kurimburira imbere yanyu, kubera ko muzaba mutarumviye ijwi rya Yehova Imana yanyu.+

Ibisobanuro ahagana hasi