Gutegeka kwa Kabiri 4:1-49

4  “Isirayeli we, tega amatwi amategeko n’amateka mbigisha kugira ngo muyakurikize bityo mukomeze kubaho,+ mujye mu gihugu Yehova Imana ya ba sokuruza azabaha, maze mucyigarurire.  Ntimuzagire icyo mwongera ku byo mbategeka cyangwa ngo mugire icyo mugabanyaho,+ kugira ngo mukomeze amategeko ya Yehova Imana yanyu mbategeka.  “Amaso yanyu yiboneye ibyo Yehova yakoze ku birebana na Bayali y’i Pewori,+ ko Yehova Imana yawe yarimbuye umuntu wese wo muri mwe wakurikiye Bayali y’i Pewori.+  Ariko mwe abakomeje kwizirika+ kuri Yehova Imana yanyu, mwese muracyariho n’uyu munsi.  Dore nabigishije amategeko+ n’amateka+ nk’uko Yehova Imana yanjye yabintegetse, kugira ngo nimugera mu gihugu mugiye kwigarurira muzayakurikize.  Muzayakomeze kandi muyakurikize, kuko bizatuma amahanga azumva ayo mategeko yose ababonamo ubwenge+ no kujijuka,+ kandi ntazabura kuvuga ati ‘iri shyanga rikomeye ni iry’abantu bafite ubwenge kandi bajijutse.’+  Koko se, hari irindi shyanga rikomeye+ rifite imana ziriba hafi nk’uko Yehova Imana yacu atuba hafi igihe cyose tumwambaje?+  Kandi se hari irindi shyanga rikomeye rifite amategeko n’amateka akiranuka, ahwanye n’aya mategeko yose mbashyize imbere uyu munsi?+  “Icyakora wirinde kandi urinde ubugingo bwawe+ kugira ngo utibagirwa ibintu byose amaso yawe yabonye.+ Ntibizave mu mutima wawe igihe cyose ukiriho,+ kandi uzabibwire abana bawe n’abuzukuru bawe.+ 10  Uzababwire ibyabaye ku munsi wahagararaga imbere ya Yehova Imana yawe kuri Horebu,+ igihe Yehova yambwiraga ati ‘nteranyiriza abagize ubu bwoko kugira ngo bumve amagambo yanjye+ maze bige kuntinya+ iminsi yose bazaba bakiriho, kandi bayigishe abana babo.’+ 11  “Icyo gihe mwigiye hafi muhagarara munsi y’umusozi. Uwo musozi waragurumanaga, ibirimi by’umuriro bikagera mu kirere; wariho umwijima w’icuraburindi n’igicu cyijimye.+ 12  Yehova yatangiye kubavugisha ari hagati muri uwo muriro.+ Mwumvaga amajwi ariko ntihagire ishusho+ y’ikintu icyo ari cyo cyose mubona; mwumvaga ijwi gusa.+ 13  Nuko ababwira isezerano rye+ kandi abategeka kuryubahiriza, ni ryo ya Mategeko Icumi;*+ hanyuma ayandika ku bisate bibiri by’amabuye.+ 14  Icyo gihe ni jye Yehova yategetse kubigisha amategeko n’amateka, kugira ngo muzayakurikize nimugera mu gihugu mugiye kujyamo mukacyigarurira.+ 15  “Kubera ko nta shusho y’ikintu icyo ari cyo cyose mwabonye+ igihe Yehova yabavugishirizaga kuri Horebu ari hagati mu muriro, muzarinde ubugingo bwanyu+ 16  kugira ngo mudakora ibibarimbuza+ maze mukarema igishushanyo kibajwe, ishusho y’ikintu icyo ari cyo cyose, yaba iy’umugabo cyangwa iy’umugore,+ 17  cyangwa iy’inyamaswa iyo ari yo yose yo ku isi,+ cyangwa ishusho y’ibiguruka mu kirere,+ 18  cyangwa iy’ikintu cyose kigenda ku butaka, cyangwa iy’ifi iyo ari yo yose+ yo mu mazi yo ku isi; 19  kugira ngo mutubura amaso yanyu mukareba mu kirere mukabona izuba n’ukwezi n’inyenyeri, ingabo zose zo mu kirere, bikabareshya maze mukabyunamira mukabikorera,+ kandi Yehova Imana yanyu yarabihaye amahanga yose yo munsi y’ijuru.+ 20  Ariko ni mwe Yehova yafashe abakura mu ruganda rushongesherezwamo ubutare,+ abakura muri Egiputa kugira ngo mube umutungo we bwite+ nk’uko bimeze uyu munsi. 21  “Mwatumye Yehova andakarira,+ maze arahira ko ntazambuka Yorodani ngo njye mu gihugu cyiza Yehova Imana yanyu igiye kubaha ho umurage.+ 22  Nzapfira muri iki gihugu.+ Sinzambuka Yorodani, ariko mwe muzayambuka kandi muzigarurira icyo gihugu cyiza. 23  Muramenye ntimuzibagirwe isezerano Yehova Imana yanyu yagiranye namwe,+ ngo mwiremere igishushanyo kibajwe, ishusho y’ikintu cyose Yehova Imana yanyu yababujije.+ 24  Kuko Yehova Imana yawe ari umuriro ukongora,+ Imana ishaka ko umuntu ayiyegurira nta kindi ayibangikanyije na cyo.+ 25  “Numara igihe kirekire utuye muri icyo gihugu, ukabyara abana ukagira n’abuzukuru, hanyuma ugakora ibikurimbuza+ ukiremera igishushanyo kibajwe,+ ishusho y’ikintu icyo ari cyo cyose, bityo ugakora ibibi mu maso ya Yehova Imana yawe+ ukayirakaza, 26  uyu munsi ntanze ijuru n’isi ho abagabo+ bazabashinja ko muzahita murimbukira muri icyo gihugu mugiye kwambuka Yorodani ngo mucyigarurire. Ntimuzakimaramo igihe, kuko muzarimburwa nta kabuza.+ 27  Yehova azabatatanyiriza mu mahanga,+ kandi muzasigara muri bake cyane+ muri ayo mahanga Yehova azabajyanamo. 28  Nimuhagera muzakorera imana+ zakozwe n’amaboko y’abantu, zikozwe mu biti no mu mabuye,+ zitareba, zitumva, zitarya kandi zidahumurirwa.+ 29  “Nimugerayo mugashaka Yehova Imana yanyu, muzamubona rwose,+ kuko muzaba mwamushakanye umutima wanyu wose n’ubugingo bwanyu bwose.+ 30  Aya magambo yose nagusohoreraho ukagera mu makuba, uzahindukirira Yehova Imana yawe+ wumvire ijwi rye.+ 31  Kuko Yehova Imana yawe ari Imana igira imbabazi.+ Ntizaguta cyangwa ngo ikurimbure, cyangwa ngo yibagirwe isezerano+ yagiranye na ba sokuruza ikagerekaho n’indahiro. 32  “Noneho baririza ibyabayeho kera+ utarabaho, kuva igihe Imana yaremaga umuntu hano ku isi,+ ubaririze uhereye ku mpera y’isi ukageza ku yindi: ese hari ikintu gikomeye nk’iki cyigeze kibaho, cyangwa hari uwigeze yumva ikintu nk’iki?+ 33  Hari irindi shyanga ryigeze ryumva ijwi ry’Imana rivugira hagati mu muriro nk’uko mwe mwaryumvise, maze rigakomeza kubaho?+ 34  Cyangwa hari irindi shyanga Imana yagerageje gufata ngo irigire iryayo irikuye mu rindi shyanga ikoresheje ibigeragezo,+ ibimenyetso,+ ibitangaza,+ intambara+ n’ukuboko gukomeye+ kandi kurambuye,+ ikoresheje imbaraga nyinshi kandi ziteye ubwoba,+ nk’ibyo Yehova Imana yanyu yabakoreye byose muri Egiputa mubireba n’amaso yanyu? 35  Wowe ho warabyeretswe kugira ngo umenye ko Yehova ari we Mana y’ukuri,+ ko nta yindi ibaho uretse we.+ 36  Yatumye wumva ijwi ryayo riturutse mu ijuru kugira ngo igukosore; ku isi yakweretse umuriro wayo ugurumana, kandi wumvise amagambo yayo aturutse hagati muri uwo muriro.+ 37  “Icyakora wakomeje kubaho, kubera ko yakunze ba sokuruza igahitamo urubyaro rwabo,+ ikagukuza imbaraga nyinshi muri Egiputa iguhanzeho amaso,+ 38  ikirukana imbere yawe amahanga abaruta ubwinshi kandi abarusha imbaraga, nk’uko bimeze ubu, kugira ngo ikujyane mu gihugu cyabo ikiguhe ho umurage.+ 39  Uyu munsi umenye ibi kandi ubishyire ku mutima wawe: Yehova ni we Mana y’ukuri hejuru mu ijuru no hasi ku isi.+ Nta yindi ibaho.+ 40  Uzakomeze amategeko n’amateka+ ye ngutegeka uyu munsi, kugira ngo uzahore uguwe neza+ wowe n’abazagukomokaho, kandi uramire mu gihugu Yehova Imana yawe agiye kuguha.”+ 41  Icyo gihe Mose atoranya imigi itatu mu burasirazuba bwa Yorodani,+ 42  kugira ngo umuntu wishe mugenzi we atabigambiriye+ kandi atari asanzwe amwanga,+ ajye ahungira muri umwe muri iyo migi abeho.+ 43  Uw’Abarubeni ni Beseri+ iri mu murambi wo mu butayu, uw’Abagadi ni Ramoti+ y’i Gileyadi, uw’Abamanase+ ni Golani+ y’i Bashani. 44  Aya ni yo mategeko+ Mose yahaye Abisirayeli. 45  Aya ni yo mategeko+ n’amateka+ ndetse n’ibyo Mose yibukije+ Abisirayeli bavuye muri Egiputa, 46  bari hafi ya Yorodani mu kibaya giteganye n’i Beti-Pewori,+ mu gihugu cya Sihoni umwami w’Abamori wari utuye i Heshiboni,+ uwo Mose n’Abisirayeli batsinze igihe bavaga muri Egiputa.+ 47  Bigaruriye igihugu cye n’icya Ogi+ umwami w’i Bashani, abami babiri b’Abamori bari batuye mu burasirazuba bwa Yorodani, 48  kuva kuri Aroweri+ iri ku nkengero z’ikibaya cya Arunoni kugeza ku musozi wa Siyoni, ari wo Herumoni,+ 49  n’akarere ka Araba+ kose kari mu burasirazuba bwa Yorodani, kugera ku nyanja ya Araba+ iri munsi y’umusozi wa Pisiga.+

Ibisobanuro ahagana hasi