Gutegeka kwa Kabiri 33:1-29

33  Iyi ni yo migisha+ Mose umuntu w’Imana y’ukuri+ yahaye Abisirayeli mbere y’uko apfa.  Yaravuze ati“Yehova yaje aturutse kuri Sinayi,+Abarasira aturutse i Seyiri.+Yabamurikiye aturutse mu misozi miremire y’i Parani,+Ari kumwe n’abera uduhumbi n’uduhumbagiza,+Iburyo bwe hari ingabo.+   Nanone yakundaga ubwoko bwe;+Abera babwo bose bari mu kiganza cyawe.+Bicaye ku birenge byawe,+Bateze amatwi amagambo yawe.+   (Mose yaduhaye amategeko,+Umurage w’iteraniro rya Yakobo.)+   Imana yabaye umwami muri Yeshuruni,+Igihe abatware b’ubwo bwoko bateraniraga hamwe,+Imiryango yose ya Isirayeli.+   Rubeni arakabaho, ntagapfe,+Abantu be ntibakabe bake.”+  Uyu ni wo mugisha yahaye Yuda+ agira ati“Yehova, umva ijwi rya Yuda,+Umujyane mu bwoko bwe.Amaboko ye yaramurwaniriye;Ujye umufasha gutsinda abanzi be.”+  Yabwiye Lewi ati+“Tumimu na Urimu+ byawe ni iby’indahemuka yawe,+Uwo wageragereje i Masa.+Wamurwanyirije ku mazi y’i Meriba.+   Umuntu wabwiye se na nyina ati ‘simbazi.’Yirengagije abavandimwe be,+Ntiyifatanya n’abana be.Kuko yakomeje ijambo ryawe,+Akomeza kubahiriza isezerano ryawe.+ 10  Bajye bigisha Yakobo imanza zawe,+Bigishe Isirayeli amategeko yawe.+Bajye bakosereza umubavu uguhumurira neza,+Baturire ku gicaniro cyawe ituro riturwa ryose uko ryakabaye.+ 11  Yehova, uhe umugisha imbaraga ze,+Kandi wishimire umurimo w’intoki ze.+Uzakomeretse bikabije ibiyunguyungu by’abamuhagurukira,+Ndetse n’abamwanga urunuka, kugira ngo batabyutsa umutwe.”+ 12  Yabwiye Benyamini ati+“Ukundwa+ na Yehova azatura mu mutekano hafi ye,+Ahora amurinze umunsi wose,+Azatura mu bitugu bye.”+ 13  Yabwiye Yozefu ati+“Yehova azakomeze guha umugisha igihugu cye,+Umugisha w’ibyiza kurusha ibindi byo mu ijuru, uw’ikime,+N’uw’amazi y’imuhengeri adendeje ikuzimu,+ 14  Ibyiza kurusha ibindi by’izuba,+Ibyiza kurusha ibindi byo mu mezi y’isarura,+ 15  Ibyiza kurusha ibindi byo mu misozi y’iburasirazuba,+Ibyiza kurusha ibindi byo mu dusozi duhoraho iteka, 16  N’ibyiza kurusha ibindi byo mu isi n’ubutunzi bwayo.+Azemerwa n’uwari mu gihuru cy’amahwa.+Ibyo byose bizaze ku mutwe wa Yozefu,+Mu gitwariro cy’uwatoranyijwe mu bavandimwe be.+ 17  Afite icyubahiro nk’icy’ikimasa cy’uburiza,+Amahembe ye ni nk’ay’ikimasa cyo mu gasozi.+Azayicisha amahanga,+Amahanga yose kugera ku mpera y’isi.Ayo mahembe ni ibihumbi byinshi by’Abefurayimu,+Ni ibihumbi by’Abamanase.” 18  Yabwiye Zabuloni ati+“Zabuloni we, ishimire mu ngendo zawe,+Nawe Isakari we, ishimire mu mahema yawe.+ 19  Bazahamagaza abantu ku musozi.Bazahatambira ibitambo byo gukiranuka.+Bazarya ubutunzi bwo mu nyanja,+N’ubutunzi buhishwe bwo mu musenyi.” 20  Yabwiye Gadi ati+“Uwagura imbibi za Gadi azahabwa umugisha.+Azatura nk’intare,+Azatanyagura ukuboko n’umutwe by’umuhigo we.+ 21  Azitoranyiriza igihugu cyiza kurusha ibindi,+Kuko aho ari ho hari umugabane w’utanga amategeko.+Abakuru b’ubwoko bazateranira hamwe.Azasohoza gukiranuka kwa Yehova,N’imanza ze kuri Isirayeli.” 22  Yabwiye Dani ati+“Dani ni icyana cy’intare.+Azasimbuka aturutse i Bashani.”+ 23  Yabwiye Nafutali ati+“Nafutali ashimishijwe n’uko Yehova amwemera,Kandi akamuha imigisha myinshi.Igarurire uburengerazuba n’amajyepfo.”+ 24  Yabwiye Asheri ati+“Asheri yahawe umugisha wo kugira abana benshi.+Azemerwa n’abavandimwe be,+Kandi azinika ikirenge cye mu mavuta.+ 25  Ibihindizo by’irembo ryawe ni icyuma n’umuringa,+Uzibera mu mutuzo iminsi yose yo kubaho kwawe. 26  Nta wuhwanye n’Imana y’ukuri+ ya Yeshuruni,+Yambukiranya ijuru ije kugutabara,+Ikagendera ku bicu byo mu kirere mu cyubahiro cyayo.+ 27  Imana ya kera na kare ni yo bwihisho bwawe,+Amaboko yayo y’iteka ryose aragukomeza.+Izirukana abanzi imbere yawe,+Kandi izavuga iti ‘barimbure!’+ 28  Isirayeli azatura mu mutekano,+Iriba rya Yakobo rizatura ukwaryo,+Mu gihugu cy’ibinyampeke na divayi nshya.+Ni koko, ijuru rye rizatuma ikime gitonda.+ 29  Urahirwa Isirayeli we,+Ni nde uhwanye nawe,+Ko uri ubwoko bubonera agakiza kuri Yehova,+We ngabo igutabara,+Akaba n’inkota yawe ikomeye?+Abanzi bawe bazagukomera yombi,+Naho wowe, uzakandagira ahirengeye habo.”+

Ibisobanuro ahagana hasi