Gutegeka kwa Kabiri 27:1-26

27  Mose n’abakuru b’Abisirayeli bategeka abantu bati “mujye mwubaha amategeko yose mbategeka uyu munsi.+  Umunsi mwambutse Yorodani+ mukajya mu gihugu Yehova Imana yanyu agiye kubaha, muzashinge amabuye manini cyane muyasige ingwa.  Numara kwambuka,+ uzandike kuri ayo mabuye aya mategeko yose+ kugira ngo uzabashe kujya mu gihugu Yehova Imana yanyu agiye kuguha, igihugu gitemba amata n’ubuki, nk’uko Yehova Imana ya ba sokuruza yabikubwiye.+  Nimumara kwambuka Yorodani muzashinge ayo mabuye ku musozi wa Ebali,+ nk’uko mbibategetse uyu munsi, kandi uzayasige ingwa.+  Nanone aho hantu uzahubakire Yehova Imana yawe igicaniro cy’amabuye. Ayo mabuye ntuzayakozeho icyuma.+  Icyo gicaniro uzubakira Yehova Imana yawe, uzacyubakishe amabuye adaconze, kandi uzagitambireho Yehova Imana yawe ibitambo bikongorwa n’umuriro.+  Ujye utamba ibitambo bisangirwa,+ ubirire aho,+ wishimire imbere ya Yehova Imana yawe.+  Uzandike kuri ayo mabuye aya mategeko yose,+ uyandike ku buryo agaragara neza.”+  Hanyuma Mose n’abatambyi b’Abalewi babwira Abisirayeli bose bati “Isirayeli we, ceceka utege amatwi. Uyu munsi wabaye ubwoko bwa Yehova Imana yawe.+ 10  Ujye wumvira ijwi rya Yehova Imana yawe, ukurikize amabwiriza+ n’amategeko ye+ ngutegeka uyu munsi.” 11  Uwo munsi Mose ategeka abantu ati 12  “nimumara kwambuka Yorodani, aba ni bo bazahagarara ku musozi wa Gerizimu+ kugira ngo bahe abantu umugisha: Simeyoni, Lewi, Yuda, Isakari, Yozefu na Benyamini. 13  Aba ni bo bazahagarara ku musozi wa Ebali+ kugira ngo basabire abantu umuvumo:+ Rubeni, Gadi, Asheri, Zabuloni, Dani na Nafutali. 14  Abalewi bazavuge mu ijwi riranguruye babwire buri Mwisirayeli+ bati 15  “‘Havumwe umuntu wese ubaza igishushanyo+ cyangwa agacura igishushanyo kiyagijwe,+ ikintu Yehova yanga urunuka,+ umurimo w’intoki z’umunyabukorikori,+ maze akagihisha.’ (Abantu bose bazasubize bati ‘Amen!’)+ 16  “‘Havumwe umuntu wese usuzugura se cyangwa nyina.’+ (Abantu bose bazavuge bati ‘Amen!’) 17  “‘Havumwe umuntu wese wimura imbago z’urubibi rwa mugenzi we.’+ (Abantu bose bazavuge bati ‘Amen!’) 18  “‘Havumwe umuntu wese uyobya impumyi.’+ (Abantu bose bazavuge bati ‘Amen!’) 19  “‘Havumwe umuntu wese ugoreka+ urubanza+ rw’umwimukira,+ imfubyi n’umupfakazi.’+ (Abantu bose bazavuge bati ‘Amen!’) 20  “‘Havumwe umuntu wese uryamana na muka se, kuko azaba amworosoyeho umwenda wa se.’+ (Abantu bose bazavuge bati ‘Amen!’) 21  “‘Havumwe umuntu wese uryamana n’itungo.’+ (Abantu bose bazavuge bati ‘Amen!’) 22  “‘Havumwe umuntu wese uryamana na mushiki we, yaba umukobwa wa se cyangwa umukobwa wa nyina.’+ (Abantu bose bazavuge bati ‘Amen!’) 23  “‘Havumwe umuntu wese uryamana na nyirabukwe.’+ (Abantu bose bazavuge bati ‘Amen!’) 24  “‘Havumwe umuntu wese ucira mugenzi we igico, akamwica.’+ (Abantu bose bazavuge bati ‘Amen!’) 25  “‘Havumwe uwemera impongano wese akica umuntu w’inzirakarengane.’+ (Abantu bose bazavuge bati ‘Amen!’) 26  “‘Havumwe umuntu wese utazumvira aya mategeko ngo ayakurikize.’+ (Abantu bose bazavuge bati ‘Amen!’)

Ibisobanuro ahagana hasi