Gutegeka kwa Kabiri 21:1-23

21  “Mu gihugu Yehova Imana yawe agiye kuguha ngo ucyigarurire, nihagira usanga ku gasozi intumbi y’umuntu wishwe ariko uwamwishe akaba atazwi,+  abakuru n’abacamanza banyu+ bazagende bapime intera iri hagati y’aho uwo muntu yiciwe n’imigi yose iri hafi aho,  bamenye umugi urusha iyindi kuba bugufi bw’uwishwe. Abakuru bo muri uwo mugi bazajye mu bushyo bakuremo inyana itarigeze ikoreshwa imirimo, itarigeze iheka umugogo.  Abakuru b’uwo mugi bazamanukane iyo nyana bayijyane mu kibaya gitembamo umugezi kandi kitigeze gihingwamo cyangwa ngo kibibwemo imbuto, maze bayivunire ijosi muri icyo kibaya.+  “Abatambyi bene Lewi bazigire hafi, kuko ari bo Yehova Imana yawe yatoranyije kugira ngo bamukorere+ kandi bahe abantu umugisha+ mu izina rya Yehova, akaba ari na bo baca imanza zirebana n’ibikorwa byose by’urugomo.+  Hanyuma abakuru bose bo muri uwo mugi uri hafi y’uwishwe, bazakarabire intoki+ hejuru ya ya nyana yavuniwe ijosi mu kibaya,  maze bavuge bati ‘amaboko yacu si yo yavushije aya maraso, kandi amaso yacu ntiyigeze abona avushwa.+  Yehova, ntuyabare ku bwoko bwawe bwa Isirayeli wacunguye,+ kandi ubwoko bwawe bwa Isirayeli ntubushyireho umwenda w’amaraso y’utariho urubanza.’+ Bityo ntibazagibwaho n’urubanza rw’amaraso.  Uko ni ko uzikuraho umwenda w’amaraso y’utariho urubanza,+ kuko uzaba ukoze ibikwiriye mu maso ya Yehova.+ 10  “Nujya ku rugamba kurwana n’abanzi bawe, Yehova Imana yawe akabakugabiza+ ukabajyana ari imbohe,+ 11  maze muri izo mbohe ukabonamo umugore mwiza uteye neza, ukamubenguka,+ ugashaka kumugira umugore, 12  uzamujyane iwawe. Aziyogoshe umusatsi,+ ace inzara, 13  yiyambure imyenda yanyaganywe, abe mu nzu yawe amare ukwezi kuzuye aririra se na nyina.+ Hanyuma uzaryamane na we, umugire umugore wawe. 14  Niwumva utamwishimiye, uzamwirukane+ ajye iyo ashaka, ariko ntuzamugurishe. Uzirinde kumugirira nabi+ nyuma yo kumukoza isoni. 15  “Umugabo nagira abagore babiri, umwe w’inkundwakazi n’undi w’intabwa, bombi bakaba baramubyariye abahungu, umuhungu w’imfura akaba yarabyawe n’umugore w’intabwa,+ 16  najya guha abahungu be umunani mu byo atunze, ntazemererwa kugira umuhungu w’inkundwakazi imfura ngo amusimbuze umuhungu w’umugore w’intabwa, kandi ari we mfura.+ 17  Agomba kwemera ko umuhungu w’umugore w’intabwa ari we mfura, akamuha imigabane ibiri y’ibyo atunze byose,+ kuko uwo ari we ubushobozi bwe bwo kubyara bwatangiriyeho.+ Ni we ufite uburenganzira buhabwa umwana w’imfura.+ 18  “Umuntu naba afite umuhungu utava ku izima kandi w’icyigomeke,+ wanga kumvira se na nyina,+ bakaba baramuhannye ariko akanga kumva,+ 19  se na nyina bazamufate bamushyire abakuru b’umugi ku marembo yawo,+ 20  maze babwire abakuru b’umugi wabo bati ‘uyu muhungu wacu ntava ku izima kandi ni icyigomeke. Ntatwumvira+ kandi ni umunyandanini+ n’umusinzi.’+ 21  Abagabo bose bo muri uwo mugi bazamutere amabuye bamwice. Uko ni ko uzakura ikibi hagati muri mwe, kandi Isirayeli yose izabyumva itinye.+ 22  “Nihagira umuntu ukora icyaha gikwiriye kumwicisha, akicwa+ hanyuma ukamumanika ku giti,+ 23  umurambo we ntuzarare kuri icyo giti,+ ahubwo uzawuhambe uwo munsi, kuko umanitswe ku giti aba yaravumwe n’Imana.+ Ntuzahumanye igihugu Yehova Imana yawe agiye kuguha ho gakondo.+

Ibisobanuro ahagana hasi