Abefeso 1:1-23

1  Jyewe Pawulo, intumwa+ ya Kristo Yesu nk’uko Imana yabishatse,+ ndabandikiye mwebwe abera bari muri Efeso hamwe n’abizerwa+ bunze ubumwe+ na Kristo Yesu:  Ubuntu butagereranywa,+ n’amahoro+ biva ku Mana Data n’Umwami Yesu Kristo bibane namwe.  Imana y’Umwami wacu Yesu Kristo, ari na yo Se,+ nisingizwe kuko yaduhereye imigisha+ yose yo mu buryo bw’umwuka ahantu ho mu ijuru,+ twunze ubumwe na Kristo,  nk’uko yadutoranyije+ twunze ubumwe na we urufatiro rw’isi rutarashyirwaho,+ kugira ngo tube abera kandi tudafite inenge+ imbere yayo mu rukundo.+  Yadutoranyije mbere y’igihe+ kugira ngo izaduhindure+ abana bayo+ binyuze kuri Yesu Kristo, bihuje n’uko ibyishimira kandi ibishaka,+  kugira ngo isingizwe+ bitewe n’ubuntu butagereranywa+ bwayo bw’ikuzo yatugaragarije binyuze ku Mwana wayo ikunda,+ ibigiranye ineza.  Binyuze kuri we, twarabohowe tubikesheje incungu yatanzwe binyuze ku maraso ye.+ Ni koko, twababariwe+ ibyaha byacu, nk’uko ubutunzi bw’ubuntu butagereranywa bwayo buri.+  Yatugaragarije ubwo buntu bwayo bwinshi butagereranywa kandi iduha ubwenge bwose+ n’ubushishozi,  mu buryo bw’uko yatumenyesheje ibanga ryera+ ry’ibyo ishaka. Iryo banga rihuje n’ibyo Imana yishimira cyane yagambiriye muri yo,+ 10  igamije gushyiraho ubuyobozi,+ kugira ngo ibihe byagenwe nibigera ku ndunduro,+ ibintu byose bizongere guteranyirizwa+ hamwe muri Kristo,+ ari ibyo mu ijuru+ n’ibyo mu isi.+ Yee, biteranyirizwe muri we. 11  Natwe twahawe kuba abaraganwa+ na we twunze ubumwe na we, kuko twatoranyijwe mbere y’igihe bihuje n’umugambi w’ukora ibintu byose nk’uko abishaka,+ 12  kugira ngo twebwe ababaye aba mbere biringiye Kristo+ dutume asingizwa kandi ahabwe ikuzo.+ 13  Ariko namwe mwaramwiringiye mumaze kumva ijambo ry’ukuri,+ ari ryo butumwa bwiza bwerekeye agakiza kanyu.+ Nanone binyuze kuri we, mumaze kwizera mwashyizweho ikimenyetso+ binyuze ku mwuka wera wasezeranyijwe,+ 14  ukaba ari gihamya+ y’umurage+ wacu yatanzwe mbere y’igihe, kugira ngo ubwoko bw’Imana+ bubohorwe bishingiye ku ncungu,+ ngo Imana ihabwe ikuzo kandi isingizwe. 15  Ni yo mpamvu nanjye, uhereye igihe numviye ukuntu mwizera Umwami Yesu n’ukuntu mubigaragaza mu byo mugirira abera bose,+ 16  ntasiba gushimira ku bwanyu. Nkomeza kubavuga mu masengesho yanjye,+ 17  nsaba ko Imana y’Umwami wacu Yesu Kristo, Data w’ikuzo, yabaha umwuka w’ubwenge+ n’uwo guhishurirwa mu bumenyi nyakuri buhereranye na yo.+ 18  Kubera ko yamurikiye+ amaso+ y’imitima yanyu, nanone nsenga nsaba ko mwamenya ibyiringiro+ yabahamagariye, n’ubutunzi bw’ikuzo+ ibikiye abera ho umurage,+ 19  mukamenya n’ukuntu ububasha bwayo ari bwinshi bihebuje,+ ubwo iduha twebwe abizera. Kuba ubwo bubasha ari bwinshi bigaragarira mu byo imbaraga zayo zikomeye zikora,+ 20  izo yakoresheje mu bihereranye na Kristo igihe yamuzuraga mu bapfuye,+ ikamwicaza iburyo bwayo+ ahantu ho mu ijuru,+ 21  hasumba cyane ubutegetsi bwose n’ubutware bwose n’imbaraga zose n’ubwami bwose+ n’izina ryose rivugwa,+ atari muri iyi si ya none+ gusa, ahubwo no muri ya yindi izaza.+ 22  Nanone yashyize ibintu byose munsi y’ibirenge bye,+ kandi imugira umutware w’ibintu byose+ ku bw’inyungu z’itorero, 23  ari ryo mubiri we,+ rikaba no kuzura+ k’uwuzuza ibintu byose muri byose.+

Ibisobanuro ahagana hasi