Abaroma 6:1-23

6  None se tuvuge iki? Mbese dukomeze gukora icyaha kugira ngo ubuntu butagereranywa bugwire?+  Ibyo ntibikabeho! Ubwo twapfuye ku byerekeye icyaha,+ twakomeza kubaho mu cyaha dute?+  Cyangwa se ntimuzi ko twese ababatirijwe muri Kristo Yesu+ twabatirijwe no mu rupfu rwe?+  Ku bw’ibyo rero, twahambanywe+ na we ubwo twabatirizwaga mu rupfu rwe, kugira ngo nk’uko Kristo yazuwe mu bapfuye binyuze ku ikuzo rya Se,+ abe ari ko natwe tugendera mu buzima bushya.+  Niba twarunze ubumwe na we mu rupfu rumeze nk’urwe,+ ni na ko rwose tuzunga ubumwe na we mu muzuko umeze nk’uwe,+  kuko tuzi ko kamere yacu ya kera yamanikanywe na we+ kugira ngo umubiri wacu wokamwe n’icyaha utagira icyo wongera gukora,+ bityo ntidukomeze kuba imbata z’icyaha.+  Upfuye aba ahanaguweho icyaha cye.+  Byongeye kandi, niba twarapfanye na Kristo, twizera nanone ko tuzabanaho na we,+  kuko tuzi ko Kristo, ubu ubwo yazuwe mu bapfuye,+ atagipfa;+ urupfu nta bubasha rukimufiteho. 10  Urupfu yapfuye, yapfuye rimwe risa kugira ngo akureho icyaha iteka ryose,+ ariko ubuzima arimo ubu, ariho kugira ngo akore ibyo Imana ishaka.+ 11  Mu buryo nk’ubwo, namwe mujye mubona rwose ko mwapfuye+ ku cyaha, ariko mukaba muriho+ kugira ngo mukore ibyo Imana ishaka binyuze kuri Kristo Yesu. 12  Nuko rero, ntimukemere ko icyaha gikomeza gutegeka nk’umwami+ mu mibiri yanyu ipfa, ngo bitume mwumvira ibyo irarikira.+ 13  Ntimugakomeze guha ingingo zanyu icyaha,+ ngo zibe intwaro zo gukiranirwa,+ ahubwo mwihe Imana mumeze nk’abariho+ bazuwe mu bapfuye, n’ingingo zanyu muzihe Imana zibe intwaro+ zo gukiranuka. 14  Icyaha ntikigomba kubategeka, kuko mudatwarwa n’amategeko+ ahubwo mutwarwa n’ubuntu butagereranywa.+ 15  Hanyuma se dukurikizeho iki? Mbese dukore icyaha kubera ko tudatwarwa n’amategeko+ ahubwo dutwarwa n’ubuntu butagereranywa?+ Ibyo ntibikabeho! 16  Mbese ntimuzi ko iyo mukomeje kwiha umuntu mukaba imbata ze kugira ngo mumwumvire, muba mubaye imbata ze kubera ko mumwumvira?+ Mwaba imbata z’icyaha+ mukagororerwa urupfu,+ mwaba izo kumvira+ mukagororerwa gukiranuka?+ 17  Ariko Imana ishimwe kubera ko mwahoze muri imbata z’icyaha, ariko mukaba mwarumviye inyigisho mwahawe+ mubikuye ku mutima. 18  Ni koko, kubera ko mwabatuwe+ ku cyaha, mwabaye imbata+ zo gukiranuka.+ 19  Ndavuga mu mvugo y’abantu bitewe n’intege nke z’imibiri yanyu,+ kuko nk’uko mwatanze ingingo zanyu+ ngo zibe imbata z’ibikorwa by’umwanda+ n’ubwicamategeko, zigamije ubwicamategeko, ubu noneho mutange ingingo zanyu zibe imbata zo gukiranuka kugira ngo zikore ibikorwa byera.+ 20  Igihe mwari imbata z’icyaha,+ nta ho mwari muhuriye n’ibyo gukiranuka. 21  Ariko se, ni izihe mbuto+ mweraga icyo gihe? Ni ibintu+ bibakoza isoni ubu, kuko iherezo ry’ibyo bintu ari urupfu.+ 22  Icyakora, kubera ko mwabatuwe ku cyaha mukaba imbata z’Imana,+ ubu mwera imbuto+ zihuje no kwera, kandi iherezo ni ubuzima bw’iteka.+ 23  Ibihembo by’ibyaha ni urupfu,+ ariko impano+ Imana itanga ni ubuzima bw’iteka+ binyuze kuri Kristo Yesu Umwami wacu.+

Ibisobanuro ahagana hasi