Abaroma 1:1-32

1  Jyewe Pawulo, umugaragu+ wa Yesu Kristo kandi wahamagariwe+ kuba intumwa,+ agashyirirwaho gutangaza ubutumwa bwiza bw’Imana,+ ndabandikiye.  Ubwo butumwa bwiza Imana yabusezeranyije mbere y’igihe mu Byanditswe byera ibinyujije ku bahanuzi bayo.+  Buvuga iby’Umwana wayo wakomotse mu rubyaro rwa Dawidi+ ku mubiri,+  ariko ku bw’imbaraga+ z’umwuka wera+ akitwa Umwana w’Imana+ binyuze ku kuzurwa mu bapfuye;+ uwo ni we Yesu Kristo Umwami wacu,  watumye tugirirwa ubuntu butagereranywa,+ tugahabwa n’inshingano yo kuba intumwa,+ kugira ngo amahanga yose+ agire ukwizera kandi yumvire ku bw’izina rye,  namwe mukaba mwarahamagawe muri ayo mahanga kugira ngo mube aba Yesu Kristo.  Ndabandikiye mwebwe mwese abakundwa n’Imana bari i Roma, mwahamagariwe+ kuba abera:+ Ubuntu butagereranywa n’amahoro+ biva ku Mana Data n’Umwami Yesu Kristo+ bibane namwe.  Mbere na mbere, nshimira+ Imana yanjye binyuze kuri Yesu Kristo ku birebana namwe mwese, kuko ukwizera kwanyu kuvugwa+ mu isi yose.  Imana nkorera umurimo wera ntizigamye mbwiriza ubutumwa bwiza bw’Umwana wayo, ni yo yambera umugabo,+ ukuntu buri gihe mpora mbavuga mu masengesho yanjye,+ 10  nsaba ko binshobokeye ubu nagera aho muri, niba ari byo Imana ishaka.+ 11  Nifuza cyane kubabona,+ kugira ngo ngire impano yo mu buryo bw’umwuka+ mbaha, itume mushikama, 12  cyangwa se ahubwo habeho guterana inkunga+ muri mwe, buri wese aterwe inkunga binyuze ku kwizera+ k’undi, kwaba ukwizera kwanyu cyangwa ukwanjye. 13  Ariko rero bavandimwe,+ sinshaka ko muyoberwa ko incuro nyinshi nagambiriye kuza iwanyu,+ ariko nkagenda ngira ibimbuza kugeza n’ubu, kugira ngo nshobore kubona imbuto+ no muri mwe kimwe no mu yandi mahanga. 14  Ari Abagiriki n’abatari Abagiriki, ari abanyabwenge+ n’abaswa, bose mbarimo umwenda. 15  Ni cyo gituma nifuza cyane kubatangariza ubutumwa bwiza+ namwe abari aho i Roma.+ 16  Ubutumwa bwiza ntibunkoza isoni.+ Mu by’ukuri, ni bwo mbaraga z’Imana+ zihesha agakiza umuntu wese ufite ukwizera,+ mbere na mbere Umuyahudi,+ hanyuma Umugiriki,+ 17  kuko muri bwo ari mo gukiranuka kw’Imana+ guhishurirwa. Ibyo bibaho bitewe n’uko umuntu afite ukwizera+ kandi bimwongerera ukwizera, nk’uko byanditswe ngo “ariko umukiranutsi azabeshwaho no kwizera.”+ 18  Umujinya w’Imana+ uhishurwa uturutse mu ijuru wibasiye ukutubaha Imana kose no gukiranirwa+ kose kw’abantu bapfukirana ukuri+ mu buryo bukiranirwa,+ 19  kubera ko ibishobora kumenywa ku byerekeye Imana bigaragarira muri bo,+ kuko Imana yabibagaragarije.+ 20  Imico yayo itaboneka,+ ari yo bubasha bwayo+ bw’iteka n’Ubumana bwayo,+ igaragara neza kuva isi yaremwa,+ kuko igaragarira mu byaremwe,+ ku buryo batagira icyo kwireguza.+ 21  Nubwo bari bazi Imana ntibayihaye ikuzo rikwiriye Imana, habe no kuyishimira,+ ahubwo batekereje ibitagira umumaro,+ kandi imitima yabo itagira ubwenge icura umwijima.+ 22  Nubwo bemeza ko ari abanyabwenge, babaye abapfapfa+ 23  maze ikuzo+ ry’Imana idashobora kubora barihindura nk’ishusho+ y’umuntu ubora, n’iy’ibiguruka n’iy’ibigenza amaguru ane n’iy’ibikururuka.+ 24  Ni yo mpamvu Imana yabaretse, ihuje n’ibyifuzo byo mu mitima yabo, bakishora mu bikorwa by’umwanda,+ kugira ngo bateshe agaciro+ imibiri yabo,+ 25  ni ukuvuga abafashe ukuri+ kw’Imana bakakugurana ikinyoma,+ bagasenga ibyaremwe kandi bakabikorera umurimo wera mu cyimbo cy’uwaremye, usingizwa iteka ryose. Amen. 26  Ni yo mpamvu Imana yabaretse bagatwarwa n’irari ry’ibitsina+ riteye isoni, kuko abagore babo bahinduye uburyo busanzwe imibiri yabo yaremewe gukoreshwa, bakayikoresha ibyo itaremewe.+ 27  Mu buryo nk’ubwo, abagabo na bo baretse kugirira abagore ibyo imibiri yabo yaremewe,+ bagurumanishwa n’iruba ryo kurarikirana, abagabo bakararikira abandi bagabo,+ bagakora ibiteye isoni,+ maze mu mibiri yabo bakabona igihembo cyuzuye+ gikwiranye no kuyoba kwabo.+ 28  Kubera ko batashatse kugira ubumenyi nyakuri+ ku byerekeye Imana, ni cyo cyatumye ibareka bakagira imitekerereze itemerwa+ n’Imana kandi bagakora ibintu bidakwiriye,+ 29  buzura gukiranirwa kose,+ ubugome,+ kurarikira+ n’ububi,+ buzura kwifuza,+ ubwicanyi,+ ubushyamirane,+ ikinyoma+ n’ubukeca.+ Ni abantu bahwihwisa amagambo,+ 30  basebanya,+ banga Imana, bashira isoni,+ bishyira hejuru,+ birarira,+ bahimba ibintu bibi,+ batumvira ababyeyi,+ 31  badasobanukirwa,+ batubahiriza amasezerano,+ badakunda ababo+ kandi batagira impuhwe.+ 32  Nubwo abo bazi neza iteka rikiranuka ry’Imana,+ ry’uko abakora bene ibyo bakwiriye gupfa,+ ntibakomeza kubikora gusa, ahubwo nanone bemeranya+ n’ababikora.

Ibisobanuro ahagana hasi