Abakolosayi 2:1-23

2  Ndashaka ko mumenya ukuntu mbarwanira intambara ikomeye,+ mwebwe n’ab’i Lawodikiya,+ n’abandi bose batigeze bambona amaso ku yandi,  kugira ngo imitima yabo ihumurizwe+ kandi bashobore guteranyirizwa hamwe mu rukundo,+ ngo bagire ubutunzi bukomeye bwo gusobanukirwa+ ukuri mu buryo bwuzuye, kandi bagire ubumenyi nyakuri bw’ibanga ryera ry’Imana, ari ryo Kristo.+  Muri we ni ho ubutunzi bwose bw’ubwenge n’ubumenyi+ bwahishwe mu buryo bwitondewe.  Ibyo mbivugiye kugira ngo hatagira umuntu ubashukisha amagambo yoshya.+  Nubwo ntari kumwe namwe, mpora mbatekerezaho rwose;+ mbona gahunda yanyu nziza+ n’ukuntu mwizera+ Kristo mushikamye, nkabyishimira.  Ku bw’ibyo rero, ubwo mwemeye Umwami Kristo Yesu, mukomeze kugenda mwunze ubumwe+ na we,  mushinze imizi+ muri we, mwubatswe+ muri we kandi mushikamye mu kwizera+ nk’uko mwigishijwe, kandi mushimira+ mufite ukwizera gusaze.  Mwirinde kugira ngo hatagira umuntu ubagusha mu mutego,+ yifashishije filozofiya+ n’ibitekerezo by’ubushukanyi bidafite ishingiro,+ bishingiye ku migenzo y’abantu kandi bikurikiza ibintu by’ibanze+ by’isi aho gukurikiza Kristo,  kuko muri we wese ari mo kuzura kose+ kw’imico+ y’Imana+ kuri. 10  Bityo rero, mufite kuzura kose binyuze kuri we, we mutware w’ubutegetsi bwose n’ubutware bwose.+ 11  Binyuze ku mishyikirano+ mufitanye na we, namwe mwakebwe+ hadakoreshejwe intoki ubwo mwiyamburaga umubiri wa kamere,+ mugakebwa gukebwa kwa Kristo, 12  kuko mwahambanywe na we mu mubatizo we,+ kandi nanone binyuze ku mishyikirano mufitanye na we, mwazukanye+ na we mubikesheje kwizera+ imirimo+ y’Imana, yo yamuzuye mu bapfuye.+ 13  Byongeye kandi, nubwo mwari mwarapfiriye mu byaha byanyu no kuba imibiri yanyu itari yarakebwe, Imana yabahinduranye bazima na we.+ Yatubabariye ibyaha byacu byose ku bw’ineza yayo,+ 14  kandi ihanagura+ inyandiko yandikishijwe intoki+ yari ikubiyemo amateka yaciwe,+ yadushinjaga kandi ikaturwanya,+ iyikuzaho kuyimanika+ ku giti cy’umubabaro.+ 15  Yanyaze abategetsi n’abatware,+ iberekana imbere ya rubanda ko baneshejwe,+ ibajyana mu myiyereko yo kunesha+ binyuze ku giti cy’umubabaro. 16  Ku bw’ibyo rero, ntihakagire umuntu ubacira urubanza+ mu byo murya cyangwa ibyo munywa,+ cyangwa ku birebana n’iminsi mikuru+ cyangwa kuziririza imboneko z’ukwezi+ cyangwa isabato,+ 17  kuko ibyo ari igicucu+ cy’ibintu bizaza, ariko ukuri+ kwabyo gufitwe na Kristo.+ 18  Ntihakagire umuntu ubavutsa+ ingororano+ yanyu, yitwaje kwigira nk’uwicisha bugufi no gusenga abamarayika. Umuntu nk’uwo “atsimbarara” ku byo yabonye no ku mitekerereze ye ya kamere, akishyira hejuru abitewe n’ubwibone budafite ishingiro, 19  ariko ntiyifatanye n’umutwe+ kandi ari wo utuma umubiri wose ukomeza gukura+ nk’uko Imana iwuha gukura,+ binyuze ku ngingo n’imitsi biwugaburira kandi bikawuteranyiriza hamwe ugafatana neza. 20  Niba mwarapfanye+ na Kristo ku byerekeye ibintu by’ibanze+ by’isi,+ kuki mubaho nk’aho muri ab’isi, mugakomeza kwigira imbata z’amategeko+ avuga ngo 21  “ntugafateho, ntugasogongereho,+ ntugakoreho,”+ 22  ku birebana n’ibintu bikoreshwa byose bigashira, mugakurikiza amategeko y’abantu n’inyigisho zabo?+ 23  Mu by’ukuri, ibyo bigaragara nk’aho ari iby’ubwenge kugira ngo umuntu yihimbire uburyo bwo gusenga, yigire nk’uwicisha bugufi kandi ababaze umubiri we,+ nyamara ibyo nta mumaro bigira wo kurwanya irari ry’umubiri.+

Ibisobanuro ahagana hasi