Abaheburayo 5:1-14

5  Umutambyi mukuru wese watoranyijwe mu bantu ashyirirwaho gukora umurimo w’Imana+ ku bw’inyungu z’abantu, kugira ngo ajye atanga amaturo n’ibitambo bitambirwa ibyaha.+  Aba ashobora korohera abari mu bujiji n’abayobye kuko na we ubwe agira intege nke,+  kandi kubera izo ntege nke ze, aba agomba gutamba ibitambo bitambirwa ibyaha ku bwe no ku bw’abandi bantu.+  Nanone, nta muntu ufata uwo mwanya w’icyubahiro ari we ubwe uwihaye,+ ahubwo awufata gusa iyo ahamagawe n’Imana,+ mbese nk’uko Aroni+ na we yahamagawe.  Uko ni ko na Kristo atari we ubwe wihaye ikuzo+ igihe yabaga umutambyi mukuru,+ ahubwo yahawe ikuzo+ n’uwavuze ibye ati “uri umwana wanjye, uyu munsi nabaye so.”+  Nk’uko nanone ivuga ahandi hantu iti “uri umutambyi iteka ryose mu buryo bwa Melikisedeki.”+  Igihe Kristo yari ku isi, yasenze yinginga+ kandi asaba uwashoboraga kumukiza urupfu, ataka cyane+ asuka amarira, kandi yumviswe bitewe n’uko yatinyaga Imana.+  Nubwo yari Umwana, yatojwe kumvira n’ibyamubayeho,+  kandi amaze gutunganywa,+ ahabwa inshingano yo kuzageza abamwumvira bose+ ku gakiza k’iteka,+ 10  kuko Imana yamugize umutambyi mukuru mu buryo bwa Melikisedeki.+ 11  Dufite byinshi twamuvugaho kandi bigoye gusobanura, kuko mutinda kumva.+ 12  Mu by’ukuri, nubwo mwari mukwiriye kuba abigisha+ urebye igihe gishize, muracyakeneye umuntu wo kubigisha ibintu by’ibanze+ by’amagambo yera y’Imana,+ uhereye ku ntangiriro; mwabaye nk’abakeneye amata aho gukenera ibyokurya bikomeye.+ 13  Umuntu wese unywa amata aba ataramenya neza ijambo ryo gukiranuka, kuko aba ari uruhinja.+ 14  Ariko ibyokurya bikomeye ni iby’abakuze mu buryo bw’umwuka, bafite ubushobozi+ bwo kwiyumvisha ibintu bwatojwe gutandukanya icyiza n’ikibi,+ binyuze mu kubukoresha.

Ibisobanuro ahagana hasi