Abagalatiya 6:1-18

6  Bavandimwe, niyo umuntu yatandukira,+ na mbere y’uko abimenya, mwebwe abakuze mu buryo bw’umwuka+ mugerageze kugorora uwo muntu mu mwuka w’ubugwaneza,+ ari na ko buri wese muri mwe yirinda+ kugira ngo na we adashukwa.+  Nimukomeze kwakirana ibibaremerera,+ bityo musohoze amategeko ya Kristo.+  Umuntu natekereza ko hari icyo ari cyo kandi ari nta cyo ari cyo,+ aba yishuka.  Ahubwo buri wese agaragaze agaciro k’imirimo ye,+ ni bwo azabona impamvu yo kwishima ku bwe wenyine, atigereranyije+ n’undi muntu.  Kuko buri muntu wese aziyikorerera uwe mutwaro.+  Byongeye kandi, umuntu wese wigishwa+ ijambo ajye asangira+ ibyiza byose n’umwigisha.+  Ntimwishuke:+ iby’Imana ntibikerenswa,+ kuko ibyo umuntu abiba ari na byo azasarura.+  Ubibira umubiri, muri uwo mubiri we azasaruramo kubora,+ ariko ubibira umwuka,+ muri uwo mwuka azasaruramo ubuzima bw’iteka.+  Bityo rero, ntitukareke gukora ibyiza,+ kuko mu gihe gikwiriye tuzasarura nitutarambirwa.+ 10  Koko rero, igihe cyose dufite uburyo bwo gukora ibyiza,+ nimucyo tujye tubikorera bose, ariko cyane cyane abo duhuje ukwizera.+ 11  Mwirebere ukuntu mbandikiye mu nyuguti nini n’ukuboko kwanjye.+ 12  Abantu bose bashaka kwigaragaza neza imbere y’abantu ni bo babahatira gukebwa,+ kugira ngo badatotezwa bazira igiti cy’umubabaro cya Kristo+ Yesu. 13  Abakebwa na bo ntibakurikiza amategeko,+ ahubwo baba bashaka ko mukebwa kugira ngo babone uko birata ku bw’imibiri yanyu. 14  Ntibikabeho ko nirata, keretse gusa nirase igiti cy’umubabaro+ cy’Umwami wacu Yesu Kristo. Kubera we, mbona ko isi yamanitswe,+ kandi isi na yo ikabona ko namanitswe. 15  Gukebwa cyangwa kudakebwa nta cyo bimaze,+ ahubwo kuba icyaremwe gishya+ ni byo bifite akamaro. 16  Abazajya bagendera kuri gahunda bose bakurikiza iyo myifatire, amahoro n’imbabazi bibe kuri bo, ndetse no kuri Isirayeli y’Imana.+ 17  Ku bw’ibyo rero, ntihakagire umuntu n’umwe umbuza uburyo, kubera ko ku mubiri wanjye mfiteho ibimenyetso by’inkovu z’ubushye,+ ibimenyetso bigaragaza ko ndi imbata ya Yesu.+ 18  Bavandimwe, ubuntu butagereranywa bw’Umwami wacu Yesu Kristo bubane n’umwuka+ mugaragaza. Amen.

Ibisobanuro ahagana hasi