Abagalatiya 5:1-26

5  Kristo yatuvanye mu bubata kugira ngo tugire umudendezo nk’uwo.+ Nuko rero, muhagarare mushikamye,+ kandi ntimukongere kwishyira mu bubata.+  Dore jyewe Pawulo ndababwira ko nimukebwa,+ Kristo nta cyo azaba akibamariye.  Ikindi kandi, ndongera guhamiriza umuntu wese ukebwa, ko aba agomba no gukurikiza Amategeko yose uko yakabaye.+  Mwa bantu mwe mushaka kubarwaho gukiranuka mubiheshejwe n’amategeko,+ mwitandukanyije na Kristo, mugwa kure y’ubuntu bwe butagereranywa.+  Ariko twebwe abayoborwa n’umwuka, dutegerezanyije amatsiko uko gukiranuka twiringiye kuzabona tubiheshejwe no kwizera.+  Ku birebana na Kristo Yesu, ari ugukebwa cyangwa kudakebwa byose nta gaciro bifite.+ Ahubwo kwizera+ gukorera mu rukundo+ ni ko gufite agaciro.  Ko mwirukaga neza,+ ni nde wababujije gukomeza kumvira ukuri?+  Uko koshywa ntikwaturutse ku yabahamagaye.+  Agasemburo gake gatubura irobe ryose.+ 10  Mwebwe abunze ubumwe+ n’Umwami, nizeye+ ko mutazatekereza ibindi. Ariko uwo muntu uza kubadurumbanya,+ uwo yaba ari we wese, azagibwaho n’urubanza rwe.+ 11  Naho ku birebana nanjye bavandimwe, niba nkibwiriza ibyo gukebwa, naba ngitoterezwa iki kandi? Bibaye ari uko bimeze, icyo gisitaza,+ ari cyo giti cy’umubabaro,+ nticyaba kikiriho.+ 12  Abo bantu bashaka kubadurumbanya+ barakishahura!+ 13  Ni koko bavandimwe, mwahamagariwe umudendezo;+ icyakora uwo mudendezo ntimukawukoreshe muha urwaho umubiri.+ Ahubwo mukorerane mu rukundo mumeze nk’imbata,+ 14  kuko Amategeko yose asohorezwa+ muri iri jambo rimwe ngo “ujye ukunda mugenzi wawe nk’uko wikunda.”+ 15  Ariko rero niba mukomeza kuryana no guconshomerana,+ mwirinde mutamarana.+ 16  Ariko reka mbabwire: mukomeze kuyoborwa n’umwuka,+ ni bwo mutazakora ibyo umubiri urarikira.+ 17  Ibyo umubiri urarikira birwanya umwuka,+ n’umwuka ukarwanya umubiri, ibyo byombi bikaba bihabanye, ku buryo ibyo mwifuza gukora atari byo mukora.+ 18  Byongeye kandi, niba muyoborwa n’umwuka,+ ubwo ntimukiyoborwa n’amategeko.+ 19  Dore imirimo ya kamere iragaragara+ ni iyi: gusambana,+ ibikorwa by’umwanda, kwiyandarika,+ 20  gusenga ibigirwamana, ubupfumu,+ inzangano, gushyamirana, ishyari, kuzabiranywa n’uburakari, amakimbirane, amacakubiri, kwiremamo udutsiko tw’amadini, 21  kwifuza, kunywera gusinda,+ kurara inkera n’ibindi nk’ibyo. Ku birebana n’ibyo, ndababurira hakiri kare nk’uko nigeze kubaburira, ko abakora+ ibyo batazaragwa ubwami bw’Imana.+ 22  Ku rundi ruhande, imbuto+ z’umwuka ni urukundo, ibyishimo, amahoro, kwihangana, kugwa neza, kugira neza,+ kwizera, 23  kwitonda no kumenya kwifata.+ Ibintu nk’ibyo nta mategeko abihanira.+ 24  Ikindi kandi, aba Kristo Yesu bamanitse umubiri wabo ku giti, hamwe n’iruba ryawo n’irari ryawo.+ 25  Niba tubeshwaho n’umwuka, nimucyo dukomeze kugenda tutica gahunda, tuyobowe na wo.+ 26  Ntitukishyire imbere tuzana umwuka wo kurushanwa,+ tugirirana ishyari.+

Ibisobanuro ahagana hasi