Abagalatiya 4:1-31

4  Ariko ndababwira ko iyo umuragwa akiri umwana nta ho aba atandukaniye n’umugaragu,+ nubwo aba ari umutware w’ibintu byose.  Ahubwo aba ari mu maboko y’abashinzwe kumurinda+ n’ibisonga, kugeza igihe se yagennye.  Natwe ni uko. Igihe twari abana, twari mu bubata bw’ibintu by’ibanze+ by’isi.  Ariko igihe cyagenwe kigeze,+ Imana yohereje Umwana wayo+ wabyawe n’umugore+ kandi atwarwa n’amategeko+  kugira ngo acungure+ abatwarwa na yo,+ bityo natwe tubone uko twemerwa ko turi abana.+  Ubu noneho kubera ko muri abana, Imana yohereje umwuka+ w’Umwana wayo mu mitima yacu, kandi uwo mwuka urangurura ugira uti “Abba,* Data!”+  Ubwo rero ntukiri umugaragu, ahubwo uri umwana, kandi niba uri umwana, uri n’umuragwa ubihawe n’Imana.+  Icyakora, igihe mwari mutaramenya Imana+ mwari imbata z’ibitari imana nyamana.+  Ariko se ubwo mwamenye Imana, cyane cyane ubwo mwamenywe na yo,+ bishoboka bite ko mwakongera gusubira inyuma mu bintu by’ibanze+ bidafashije kandi bitagira intege,+ mugashaka kongera kuba imbata zabyo?+ 10  Muziririza mubyitondeye iminsi+ n’amezi+ n’ibihe n’imyaka. 11  Ndatinya ko ahari ibyo nabakoreye byose naba nararuhiye ubusa.+ 12  Bavandimwe, ndabinginga ngo mumere nkanjye,+ kuko nanjye nahoze meze nk’uko namwe mumeze.+ Nta kibi mwankoreye.+ 13  Ariko muzi ko uburwayi bwanjye ari bwo bwatumye mbona uburyo bwo kubabwiriza ubutumwa bwiza ku ncuro ya mbere.+ 14  Icyababeraga ikigeragezo cyo mu mubiri wanjye ntimwagisuzuguraga cyangwa ngo kibatere ishozi mucire, ahubwo mwanyakiriye nk’umumarayika+ w’Imana, nka Kristo Yesu.+ 15  None se bya byishimo mwari mufite byagiye he?+ Ndahamya ko iyo bibashobokera muba mwaranogoye amaso yanyu mukayampa.+ 16  Ubu se mpindutse umwanzi wanyu+ kuko mbabwiza ukuri?+ 17  Babashakana umwete+ batabashakira ibyiza, ahubwo baba bifuza kubancaho kugira ngo mubashakane umwete.+ 18  Nyamara kandi, ibyiza ni uko ubashakana umwete yajya buri gihe abashaka agamije ibyiza,+ atari igihe ndi kumwe namwe gusa,+ 19  bana banjye bato,+ abo nongeye kugirira ibise kugeza ubwo Kristo azaremwa muri mwe.+ 20  Ariko icyampa nkaba ndi kumwe namwe nonaha+ tukavugana mpinduye imvugo, kuko ibyanyu binteye gushoberwa.+ 21  Cyo ngaho nimumbwire mwebwe abashaka kuyoborwa n’amategeko:+ mbese ntimwumva icyo Amategeko avuga?+ 22  Urugero, ibyanditswe bivuga ko Aburahamu yari afite abahungu babiri, umwe akaba yaramubyaye ku muja,+ undi amubyara ku mugore ufite umudendezo.+ 23  Ariko umuhungu yabyaye ku muja yavutse mu buryo bw’umubiri,+ naho uwo yabyaye ku mugore ufite umudendezo avuka ku bw’isezerano.+ 24  Ibyo bintu bifite ikindi bigereranya,+ kuko abo bagore bagereranya amasezerano abiri,+ rimwe rikaba ari iryo ku musozi wa Sinayi+ ribyara abana bavukira mu bubata, ari na ryo rigereranywa na Hagari. 25  Hagari uwo ni we Sinayi,+ umusozi wo muri Arabiya, kandi agereranya Yerusalemu y’ubu kuko iri mu bubata,+ yo n’abana bayo. 26  Ariko Yerusalemu+ yo hejuru yo, ifite umudendezo kandi ni yo mama.+ 27  Kuko byanditswe ngo “ishime wa mugore we w’ingumba itabyara, tera hejuru urangurure ijwi ry’ibyishimo wowe mugore utarigeze ubabazwa n’igise, kuko abana b’umugore w’intabwa ari benshi kurusha abana b’umugore ufite umugabo.”+ 28  None rero bavandimwe, twebwe turi abana b’isezerano nk’uko Isaka yari ameze.+ 29  Ariko kimwe n’uko icyo gihe uwavutse mu buryo bw’umubiri yatangiye gutoteza+ uwavutse mu buryo bw’umwuka, n’ubu ni ko biri.+ 30  None se ni iki Ibyanditswe bivuga? Biravuga biti “irukana umuja n’umuhungu we, kuko umuhungu w’umuja atazaraganwa n’umuhungu w’umugore ufite umudendezo.”+ 31  Nuko rero bavandimwe, twe ntituri abana b’umuja,+ ahubwo turi abana b’umugore ufite umudendezo.+

Ibisobanuro ahagana hasi