Abafilipi 4:1-23

4  Nuko rero bavandimwe nkunda kandi nkumbuye cyane, mwebwe byishimo byanjye n’ikamba+ ryanjye, muhagarare mushikamye+ mu Mwami nk’uko nabibabwiye, bakundwa.  Ewodiya ndamwinginga, na Sintike ndamwinginga ngo bahuze umutima+ mu Mwami.  Ni koko, nawe uwo dufatanyije umurimo+ by’ukuri, ndagusaba ngo ukomeze gufasha abo bagore barwanye intambara ku bw’ubutumwa bwiza bafatanyije nanjye,+ hamwe na Kilementi n’abandi bakozi bagenzi banjye+ bose, abo amazina yabo+ yanditswe mu gitabo cy’ubuzima.+  Buri gihe mujye mwishimira mu Mwami.+ Nongere mbivuge, nimwishime!+  Gushyira mu gaciro kwanyu+ bimenywe n’abantu bose. Dore Umwami ari hafi.+  Ntihakagire ikintu icyo ari cyo cyose kibahangayikisha,+ ahubwo muri byose, binyuze ku masengesho no kwinginga+ no gushimira, mujye mureka ibyo musaba bimenywe n’Imana,+  kandi amahoro+ y’Imana asumba cyane ibitekerezo byose, azarinda imitima yanyu+ n’ubushobozi bwanyu bwo kwiyumvisha ibintu binyuze kuri Kristo Yesu.  Ahasigaye rero bavandimwe, iby’ukuri byose, ibikwiriye gufatanwa uburemere byose, ibikiranuka byose, ibiboneye byose,+ ibikwiriye gukundwa byose, ibivugwa neza byose, ingeso nziza zose n’ibishimwa byose, ibyo abe ari byo mukomeza gutekerezaho.+  Ibyo mwamenye n’ibyo mwemeye n’ibyo mwumvise n’ibyo mwabonye binyuze kuri jye, ibyo abe ari byo mukora,+ kandi Imana y’amahoro+ izabana namwe. 10  Nishimira cyane mu Mwami ko ubu noneho mwongeye kuntekerezaho, kandi koko mwantekerezagaho+ ariko mukabura uburyo bwo kubigaragaza. 11  Simbivugiye ko hari ibyo nkennye, kuko nitoje kunyurwa mu mimerere yose naba ndimo.+ 12  Koko rero, nzi kugira bike+ nkamenya no kugira byinshi. Mu bintu byose no mu mimerere yose namenye ibanga ry’ukuntu umuntu ahaga n’uko asonza, uko agira byinshi n’uko aba mu bukene.+ 13  Mu bintu byose, ngira imbaraga binyuze ku umpa imbaraga.+ 14  Icyakora, mwagize neza rwose kuko mwifatanyije+ nanjye mu mibabaro yanjye.+ 15  Mu by’ukuri, namwe Bafilipi muzi ko ubutumwa bwiza bugitangira kubwirizwa, igihe navaga i Makedoniya, nta torero na rimwe ryifatanyije nanjye mu bihereranye no gutanga no guhabwa, keretse mwe mwenyine,+ 16  kuko n’igihe nari i Tesalonike mwagize icyo munyoherereza cyo kunkenura, mubikora ubwa mbere ndetse n’ubwa kabiri. 17  Ibyo simbivuze mbitewe n’uko nshishikajwe no guhabwa impano,+ ahubwo mbivuze mbitewe n’uko nshishikajwe cyane no gushaka imbuto+ zituma umutungo* wanyu urushaho kwiyongera. 18  Icyakora, mfite ibintu byose byuzuye kandi mfite ibisaze. Nta cyo mbuze, kuko ubu Epafuradito+ yangejejeho ibintu mwanyoherereje, bikaba ari impumuro nziza+ n’igitambo cyemewe+ kandi gishimisha Imana rwose. 19  Imana yanjye+ na yo izabaha ibyo mukeneye byose+ mu buryo bwuzuye binyuze kuri Kristo Yesu, ihuje n’ubutunzi+ bw’ikuzo ryayo. 20  Nuko rero Imana yacu, ari na yo Data, ihabwe ikuzo iteka ryose.+ Amen. 21  Muntahirize+ abera bose bunze ubumwe+ na Kristo Yesu. Abavandimwe turi kumwe barabatashya. 22  Abera bose, ariko cyane cyane abo mu rugo rwa Kayisari, barabatashya.+ 23  Ubuntu butagereranywa bw’Umwami wacu Yesu Kristo bubane n’umwuka mugaragaza.+

Ibisobanuro ahagana hasi

Fp 4:17