2 Abatesalonike 3:1-18

3  Ahasigaye rero bavandimwe, mukomeze kudusabira,+ kugira ngo ijambo rya Yehova+ rikomeze kujya mbere ryihuta+ kandi rihabwe ikuzo, nk’uko bimeze muri mwe,  no kugira ngo dukizwe abantu babi b’abagome,+ kuko kwizera kudafitwe n’abantu bose.+  Ariko Umwami ni uwo kwizerwa, kandi azatuma mushikama, abarinde umubi.+  Byongeye kandi, dufite icyizere+ mu Mwami ku birebana namwe ko ibyo tubategeka mubikora kandi ko muzakomeza kubikora.+  Umwami akomeze kuyobora neza imitima yanyu mu rukundo+ rw’Imana no mu kwihangana+ ku bwa Kristo.  Ubu noneho bavandimwe, turabategeka+ mu izina ry’Umwami Yesu Kristo ngo mwitandukanye+ n’umuvandimwe wese ugenda yica gahunda,+ adakurikiza imigenzo twabahaye.+  Namwe ubwanyu muzi uko mukwiriye kutwigana,+ kuko tutagendaga twica gahunda muri mwe,+  kandi nta n’uwo twaririye ibyokurya ku buntu.+ Ahubwo twakoranaga umwete+ ku manywa na nijoro twiyuha akuya, kugira ngo tutagira uwo ari we wese muri mwe turemerera.+  Si uko tutabifitiye ubutware,+ ahubwo ni ukugira ngo dushobore kubaha urugero mukwiriye kwigana.+ 10  Mu by’ukuri, nanone igihe twari iwanyu twabahaga iri tegeko+ ngo “niba umuntu adashaka gukora, no kurya ntakarye.”+ 11  Twumva ko muri mwe hari bamwe bagenda bica gahunda,+ batagira icyo bakora rwose ahubwo bakivanga mu bitabareba.+ 12  Bene abo turabaha itegeko kandi turabingingira mu Mwami Yesu Kristo ngo bajye bakora batuje, kugira ngo barye ibyo bo ubwabo bakoreye.+ 13  Ariko mwebwe bavandimwe, ntimukareke gukora ibyiza.+ 14  Ariko nihagira umuntu wese utumvira amagambo yacu+ ari muri uru rwandiko, bene uwo muzamushyireho ikimenyetso,+ mureke kwifatanya na we+ kugira ngo akorwe n’isoni.+ 15  Ariko ntimukamufate nk’umwanzi, ahubwo mukomeze kumugira inama+ nk’umuvandimwe. 16  Ahasigaye, Umwami w’amahoro ajye ahora abaha amahoro mu buryo bwose.+ Umwami abane namwe mwese. 17  Jyewe Pawulo, nanditse iyi ntashyo n’ukuboko kwanjye,+ ari cyo kimenyetso nshyira kuri buri rwandiko; uwo ni wo mukono wanjye. 18  Ubuntu butagereranywa+ bw’Umwami wacu Yesu Kristo bubane namwe mwese.

Ibisobanuro ahagana hasi