2 Abakorinto 9:1-15

9  Naho ku byerekeye umurimo+ wo gufasha abera, sinari nkwiriye no kubibandikira,  kuko nzi ko mubifitiye ubushake, ari na cyo gituma nirata ku Banyamakedoniya mbitewe namwe, ko muri Akaya bamaze umwaka wose+ biteguye gufasha, kandi umwete wanyu ni wo washishikaje benshi muri bo.  Ariko ntumye abavandimwe, kugira ngo muzabe mwiteguye rwose+ nk’uko nakundaga kubivuga, bityo ibyo twirata kuri iyo ngingo tubitewe namwe, ntibizagaragare ko ari ubusa.  Naho ubundi ndamutse nzanye n’Abanyamakedoniya bagasanga mutiteguye, ari twe ari namwe, twese twakorwa n’isoni bitewe n’icyo cyizere tubafitiye.  Ku bw’ibyo rero, natekereje ko ari ngombwa gutera abavandimwe inkunga ngo baze iwanyu mbere y’igihe, kandi bategure hakiri kare impano yanyu ivuye ku mutima mwari mwarasezeranyije mbere,+ kugira ngo muri ubwo buryo ibe iteguye nk’impano ivuye ku mutima koko, atari nk’ikintu mwatswe ku gahato.+  Ariko ku birebana n’ibyo, ubiba bike+ na we azasarura bike, kandi ubiba byinshi+ na we azasarura byinshi.  Buri wese akore nk’uko yabyiyemeje mu mutima we, atagononwa+ cyangwa asa n’ushyizweho agahato, kuko Imana ikunda utanga yishimye.+  Byongeye kandi, Imana ishobora kubagwiriza ubuntu bwayo bwose butagereranywa, kugira ngo nubwo buri gihe muba mufite ibibahagije muri byose, mushobore no kugira ibikenewe byose ngo mukore umurimo mwiza wose.+  (Nk’uko byanditswe ngo “yatanze atitangiriye itama kandi yahaye abakene. Gukiranuka kwe guhoraho iteka.”+ 10  Nuko rero, uha umubibyi imbuto atitangiriye itama agatanga n’umugati wo kurya,+ azabaha imbuto zo kubiba azitubure, kandi azongera umusaruro wo gukiranuka kwanyu.)+ 11  Mukungahazwa muri byose kugira ngo mugire ubuntu bw’uburyo bwose butuma Imana ishimwa+ binyuze kuri twe, 12  kuko gukora uyu murimo bitagamije gusa guha abera+ ibintu byinshi bakeneye, ahubwo nanone bituma Imana ishimwa cyane. 13  Binyuze kuri gihamya uyu murimo utanga, basingiza Imana bitewe n’uko mugandukira ubutumwa bwiza bwerekeye Kristo,+ nk’uko mutangariza mu ruhame ko mubugandukira, kandi bitewe n’uko mubaha impano mutitangiriye itama, bo n’abandi bose.+ 14  Babasabira binginga bifuza cyane kubabona, bitewe n’ubuntu butagereranywa+ Imana yabagiriye mu buryo buhebuje. 15  Imana ishimwe ku bw’impano yayo itagereranywa.+

Ibisobanuro ahagana hasi