2 Abakorinto 4:1-18

4  Nuko rero, ubwo dufite uyu murimo+ ku bw’imbabazi twagiriwe,+ ni cyo gituma tudacogora.  Ahubwo twanze ibintu bikorwa rwihishwa biteye isoni,+ tutagendana uburyarya cyangwa ngo tugoreke ijambo ry’Imana,+ ahubwo tumenyekanisha ukuri, tukabera urugero rwiza imitimanama y’abantu bose imbere y’Imana.+  Ariko niba ubutumwa bwiza tubwiriza butwikiriwe, butwikiriwe ku barimbuka+  ari bo batizera,+ abo imana y’iyi si+ yahumye ubwenge kugira ngo umucyo+ w’ubutumwa bwiza+ bw’ikuzo bwerekeye Kristo, ari we shusho+ y’Imana, utabamurikira.+  Ntitubwiriza ibitwerekeyeho, ahubwo tubwiriza ibyerekeye Kristo Yesu ko ari we Mwami,+ kandi ko twe ubwacu turi abagaragu banyu+ ku bwa Yesu.  Imana ni yo yavuze iti “umucyo umurikire mu mwijima,”+ kandi yamurikiye imitima yacu kugira ngo imurikirwe+ n’ubumenyi+ bw’ikuzo ku byerekeye Imana binyuze mu maso ha Kristo.+  Icyakora, ubu butunzi+ tubufite mu nzabya+ z’ibumba+ kugira ngo imbaraga+ zirenze izisanzwe zibe iz’Imana,+ zidaturutse kuri twe.+  Turabyigwa impande zose,+ ariko ntidutsikamiwe ku buryo tudashobora kwinyagambura; turashobewe ariko ntitwihebye rwose;+  turatotezwa ariko ntitwatereranywe;+ dukubitwa hasi+ ariko ntiturimburwa.+ 10  Buri gihe, aho turi hose, mu mibiri yacu tugerwaho n’ibikorwa bizana urupfu byakorewe Yesu,+ kugira ngo ubuzima bwa Yesu bugaragarire no mu mibiri yacu.+ 11  Twebwe abariho duhora duhanganye n’urupfu+ ku bwa Yesu, kugira ngo nanone ubuzima bwa Yesu bugaragarire mu mibiri yacu ipfa.+ 12  Ku bw’ibyo rero, urupfu rukorera muri twe ariko ubuzima bugakorera muri mwe.+ 13  Nuko rero, kubera ko dufite umwuka umwe wo kwizera nk’uwo byanditsweho ngo “narizeye, ni cyo cyatumye mvuga,”+ natwe turizera kandi ni cyo gituma tuvuga, 14  tuzi ko uwazuye Yesu natwe azatuzurana na Yesu kandi azatwerekanira hamwe namwe.+ 15  Ibintu byose bikorwa ku bwanyu+ kugira ngo ubuntu butagereranywa bwagwiriye burusheho kwiyongera, bitewe n’abantu benshi bashimira bigatuma Imana ihabwa ikuzo.+ 16  Ku bw’ibyo rero, ntiducogora. Ahubwo nubwo umuntu wacu w’inyuma agenda azahara, nta gushidikanya ko umuntu wacu w’imbere+ agenda ahindurwa mushya uko bwije n’uko bukeye. 17  Nubwo amakuba yaba ay’akanya gato+ kandi ataremereye, atuviramo ikuzo rigenda rirushaho kugira uburemere kandi ry’iteka,+ 18  ari na ko dukomeza guhanga amaso, atari ku bintu biboneka, ahubwo ku bitaboneka,+ kuko ibiboneka ari iby’akanya gato,+ naho ibitaboneka bikaba iby’iteka.+

Ibisobanuro ahagana hasi