1 Yohana 5:1-21

5  Umuntu wese wizera ko Yesu ari Kristo, uwo muntu yabyawe n’Imana;+ kandi umuntu wese ukunda umubyeyi, aba akunda n’uwo yabyaye.+  Iki ni cyo kitumenyesha ko dukunda+ abana b’Imana:+ ni uko dukunda Imana kandi tugakurikiza amategeko yayo.+  Gukunda+ Imana ni uku: ni uko twitondera amategeko yayo,+ kandi amategeko yayo si umutwaro.+  Umuntu wese wabyawe+ n’Imana anesha isi.+ Uku ni ko gutsinda+ kwanesheje+ isi: ni ukwizera kwacu.+  Ni nde unesha+ isi+ uretse uwizera+ ko Yesu ari Umwana w’Imana?+  Uwo ni we waje binyuze ku mazi n’amaraso, ari we Yesu Kristo. Ntiyaje binyuze ku mazi+ yonyine, ahubwo yaje binyuze ku mazi n’amaraso,+ kandi umwuka+ ni wo ubihamya, kuko umwuka ari ukuri.  Hari ibintu bitatu bitanga ubuhamya:  umwuka,+ amazi+ n’amaraso;+ kandi ibyo uko ari bitatu birahuza.+  Niba twemera ubuhamya butangwa n’abantu,+ ubuhamya Imana itanga bwo burakomeye kurushaho, kuko ubu ari bwo buhamya Imana itanga: ni uko yahamije+ iby’Umwana wayo. 10  Umuntu wizera Umwana w’Imana, ahabwa ubuhamya+ ku giti cye. Umuntu utizera Imana aba ayihinduye umunyabinyoma,+ kuko aba atizeye ubuhamya bwatanzwe,+ ubwo Imana yahamije+ ku bihereranye n’Umwana wayo. 11  Ubu ni bwo buhamya bwatanzwe, ko Imana yaduhaye ubuzima bw’iteka,+ kandi ubwo buzima buri mu Mwana wayo.+ 12  Ufite Umwana aba afite n’ubuzima; udafite Umwana w’Imana ntafite ubwo buzima.+ 13  Ibi mbibandikiye kugira ngo mumenye ko mufite ubuzima bw’iteka,+ mwebwe abizeye izina ry’Umwana w’Imana.+ 14  Iki ni cyo cyizere dufite imbere yayo:+ ni uko itwumva iyo dusabye ikintu cyose gihuje n’ibyo ishaka.+ 15  Byongeye kandi, ubwo tuzi ko icyo dusabye cyose itwumva,+ tuzi ko tuba turi bubone ibyo dusabye, kubera ko ari yo tuba tubisabye.+ 16  Umuntu nabona umuvandimwe we akora icyaha kiticisha,+ azamusabire kandi Imana izamuha ubuzima;+ ni koko, izaha ubuzima abakora ibyaha bitari ibyo kubicisha.+ Hari icyaha cyicisha. Simvuze ko asabira umuntu ukora icyaha nk’icyo.+ 17  Gukiranirwa kose ni icyaha,+ ariko hariho icyaha kiticisha. 18  Tuzi ko umuntu wese wabyawe n’Imana+ atagira akamenyero ko gukora ibyaha, ahubwo uwabyawe*+ n’Imana aramurinda, kandi umubi ntashobora kumukoraho.+ 19  Tuzi ko turi ab’Imana,+ ariko isi yose iri mu maboko y’umubi.+ 20  Ariko tuzi ko Umwana w’Imana yaje,+ akaduha ubwenge+ kugira ngo tumenye Imana y’ukuri.+ Twunze ubumwe+ n’Imana y’ukuri binyuze ku Mwana wayo Yesu Kristo. Iyo ni yo Mana y’ukuri,+ kandi ni yo itanga ubuzima bw’iteka.+ 21  Bana bato, mwirinde ibigirwamana.+

Ibisobanuro ahagana hasi