1 Yohana 4:1-21

4  Bakundwa, ntimukizere ubutumwa bwose busa naho buvuye ku Mana,+ ahubwo mugerageze ubutumwa bwose kugira ngo murebe niba mu by’ukuri buturuka ku Mana,+ kuko abahanuzi benshi b’ibinyoma badutse mu isi.+  Iki ni cyo kibamenyesha amagambo yahumetswe n’Imana:+ amagambo yose yahumetswe avuga yeruye ko Yesu Kristo yaje ari umuntu, aba aturutse ku Mana.+  Ariko amagambo yose yahumetswe atavuga Yesu atyo, ntaba aturuka ku Mana.+ Byongeye kandi, ayo ni yo magambo yahumetswe ya antikristo, amagambo mwumvise ko yari kuza,+ none ubu akaba yaramaze kugera mu isi.+  Bana bato, muri ab’Imana kandi mwatsinze abo bantu,+ kuko uwunze ubumwe+ namwe akomeye+ kurusha uwunze ubumwe n’isi.+  Ni ab’isi;+ ni yo mpamvu bavuga iby’isi kandi isi irabumva.+  Twebwe turi ab’Imana.+ Uzi Imana aratwumva;+ utari uw’Imana ntatwumva.+ Uko ni ko tumenya amagambo yahumetswe y’ukuri n’amagambo yahumetswe ayobya.+  Bakundwa, nimucyo dukomeze gukundana,+ kuko urukundo+ ruturuka ku Mana; umuntu wese ugaragaza urukundo yabyawe n’Imana+ kandi azi Imana.+  Udakunda ntiyigeze amenya Imana, kuko Imana ari urukundo.+  Iki ni cyo cyagaragaje ko Imana idukunda:+ ni uko yohereje Umwana wayo w’ikinege+ mu isi, kugira ngo tubone ubuzima binyuze kuri we.+ 10  Dore uko urukundo ruri: si uko twakunze Imana, ahubwo ni uko yo yadukunze ikohereza Umwana wayo ngo abe igitambo+ cy’impongano+ y’ibyaha byacu.+ 11  Bakundwa, niba uko ari ko Imana yadukunze, natwe tugomba gukundana.+ 12  Nta muntu wigeze abona Imana.+ Niba dukomeza gukundana, Imana iguma muri twe kandi urukundo rwayo rukomeza kuba muri twe rwuzuye.+ 13  Iki ni cyo kitumenyesha ko dukomeza kunga ubumwe+ na yo kandi na yo ikunga ubumwe natwe:+ ni uko yaduhaye umwuka wayo.+ 14  Byongeye kandi, twiboneye+ n’amaso yacu kandi duhamya+ ko Data yohereje Umwana we ngo abe Umukiza w’isi.+ 15  Umuntu wese watura akavuga ko Yesu Kristo ari Umwana w’Imana,+ Imana ikomeza kunga ubumwe na we, na we akunga ubumwe n’Imana.+ 16  Kandi natwe twamenye urukundo+ Imana idukunda, turarwizera. Imana ni urukundo,+ kandi uguma mu rukundo+ akomeza kunga ubumwe n’Imana, Imana na yo igakomeza kunga ubumwe+ na we. 17  Uko ni ko urukundo ruba muri twe rwuzuye, kugira ngo tugire ubushizi bw’amanga+ ku munsi w’urubanza,+ kuko nk’uko Yesu yari ameze, ari ko natwe turi muri iyi si.+ 18  Mu rukundo ntihabamo ubwoba,+ ahubwo urukundo rwuzuye rwirukana ubwoba,+ kuko ubwoba bubera umuntu inzitizi. Koko rero, umuntu ukigira ubwoba ntaba afite urukundo rwuzuye.+ 19  Twe dukunda Imana kuko ari yo yabanje kudukunda.+ 20  Umuntu navuga ati “nkunda Imana,” ariko akaba yanga umuvandimwe we, aba ari umunyabinyoma,+ kuko udakunda umuvandimwe we+ abona, adashobora gukunda Imana atabonye.+ 21  Kandi iri ni ryo tegeko Imana yaduhaye:+ ni uko ukunda Imana agomba no gukunda umuvandimwe we.+

Ibisobanuro ahagana hasi