1 Yohana 2:1-29

2  Bana banjye bato, mbandikiye ibi kugira ngo mudakora icyaha.+ Ariko nihagira ukora icyaha, dufite umufasha+ utuvuganira kuri Data, ari we Yesu Kristo, umukiranutsi.+  Ni we gitambo+ cy’impongano+ y’ibyaha byacu,+ ariko si ibyaha byacu+ gusa, ahubwo nanone n’iby’isi yose.+  Kandi iki ni cyo kitumenyesha ko twamumenye: ni uko dukomeza kwitondera amategeko ye.+  Uvuga ati “naramumenye,”+ nyamara ntiyitondere amategeko ye,+ uwo ni umunyabinyoma kandi ukuri ntikuri muri uwo muntu.+  Ariko uwitondera ijambo rye,+ mu by’ukuri uwo muntu aba akunda Imana urukundo rwuzuye.+ Ibyo ni byo bitumenyesha ko twunze ubumwe na we.+  Uvuga ko akomeza kunga ubumwe+ na we agomba no gukomeza kugenda nk’uko uwo yagendaga.+  Bakundwa, simbandikiye itegeko rishya, ahubwo ni itegeko rya kera,+ iryo mwari mufite guhera mu ntangiriro.+ Iryo tegeko rya kera ni ijambo mwumvise.  Nanone mbandikiye itegeko rishya, itegeko uwo na we yakurikizaga namwe mukaba murikurikiza, kuko umwijima+ wavuyeho, umucyo nyakuri+ ukaba umurika.  Uvuga ko ari mu mucyo nyamara akanga+ umuvandimwe we, uwo ari mu mwijima kugeza n’ubu.+ 10  Ukunda umuvandimwe we aguma mu mucyo,+ kandi ntagira ikimusitaza.+ 11  Ariko uwanga umuvandimwe we ari mu mwijima kandi agendera mu mwijima.+ Ntazi iyo ajya,+ kuko umwijima wamuhumye amaso. 12  Bana bato, ndabandikiye kuko mwababariwe ibyaha byanyu ku bw’izina rye.+ 13  Ndabandikiye namwe ba se kuko mwamenye uwabayeho uhereye mu ntangiriro.+ Ndabandikiye namwe basore+ kuko mwanesheje umubi.+ Ndabandikiye namwe bana bato,+ kuko mwamenye Data.+ 14  Ndabandikiye namwe ba se+ kuko mwamenye uwabayeho uhereye mu ntangiriro.+ Ndabandikiye namwe basore, kuko mufite imbaraga,+ ijambo ry’Imana rikaba riguma muri mwe+ kandi mukaba mwaranesheje umubi.+ 15  Ntimugakunde isi cyangwa ibintu biri mu isi.+ Iyo umuntu akunda isi, gukunda Data ntibiba biri muri we,+ 16  kuko ibintu byose biri mu isi,+ ari irari ry’umubiri,+ ari irari ry’amaso+ no kurata ibyo umuntu atunze,+ bidaturuka kuri Data ahubwo bituruka mu isi.+ 17  Byongeye kandi, isi irashirana n’irari ryayo,+ ariko ukora ibyo Imana ishaka+ ahoraho iteka ryose.+ 18  Bana bato, iki ni igihe cya nyuma,+ kandi nk’uko mwumvise ko antikristo azaza,+ n’ubu hariho ba antikristo benshi,+ ibyo akaba ari byo bitumenyesha ko iki ari igihe cya nyuma. 19  Bavuye muri twe, ariko ntibari abacu,+ kuko iyo baba abacu, baba baragumanye natwe.+ Ariko batuvuyemo kugira ngo bigaragare ko atari ko bose ari abacu.+ 20  Uwera yabasutseho umwuka we,+ mwese mufite ubumenyi.+ 21  Ndabandikiye, atari ukubera ko mutazi ukuri,+ ahubwo ari ukubera ko mukuzi,+ kandi akaba ari nta kinyoma gituruka mu kuri.+ 22  None se umunyabinyoma ni nde wundi utari uhakana ko Yesu ari Kristo?+ Uwo ni we antikristo,+ ni we uhakana Data n’Umwana.+ 23  Umuntu wese uhakana Umwana ntaba afite na Data.+ Uwatura+ akemera ko yizera Umwana, aba afite na Data.+ 24  Naho mwebwe, mureke icyo mwumvise uhereye mu ntangiriro kigume muri mwe.+ Icyo mwumvise uhereye mu ntangiriro nikiguma muri mwe, nanone muzakomeza kunga ubumwe+ n’Umwana kandi mwunge ubumwe na Data.+ 25  Byongeye kandi, iki ni cyo we ubwe yadusezeranyije: ni ubuzima bw’iteka.+ 26  Ibi mbibandikiye ku bw’abagerageza kubayobya.+ 27  Imana yabasutseho umwuka+ wayo kandi uwo mwuka mwahawe uguma muri mwe; ntimugikeneye ko hagira ubigisha.+ Ariko uko gusukwaho umwuka ni uk’ukuri,+ si ukw’ikinyoma, kandi ni ko kubigisha ibintu byose.+ Mukomeze kunga ubumwe+ na we nk’uko umwuka wabibigishije. 28  None rero bana bato,+ mukomeze kunga ubumwe+ na we, kugira ngo ubwo azagaragazwa+ tuzabe dufite ubushizi bw’amanga,+ tudafite ikimwaro ngo duhunge mu gihe cyo kuhaba kwe.+ 29  Niba muzi ko akiranuka,+ muzi ko n’umuntu wese ukora ibyo gukiranuka yabyawe na we.+

Ibisobanuro ahagana hasi