1 Timoteyo 4:1-16

4  Icyakora, amagambo yahumetswe n’Imana avuga rwose ko mu bihe bya nyuma+ bamwe bazagwa bakava+ mu byo kwizera, bakita ku magambo ayobya+ yahumetswe n’abadayimoni n’inyigisho zabo,+  bayobejwe n’uburyarya bw’abantu bavuga ibinyoma,+ bafite inkovu mu mitimanama yabo+ nk’iz’ubushye bw’icyuma gishyiraho ikimenyetso.  Babuzanya gushyingiranwa,+ bagategeka abantu kutarya ibyokurya+ Imana yaremye,+ kandi yarabiremye ngo abafite ukwizera+ kandi bazi neza ukuri bajye babirya bashima.  Impamvu y’ibyo ni uko icyaremwe n’Imana cyose ari cyiza,+ kandi nta kintu gikwiriye kujugunywa+ iyo cyakiranywe ishimwe,+  kuko cyezwa binyuze ku ijambo ry’Imana n’isengesho.  Nugira abavandimwe izi nama, uzaba uri umukozi mwiza wa Kristo Yesu, wagaburiwe amagambo yo kwizera n’inyigisho nziza+ wagiye ukurikiza ubyitondeye.+  Ariko ugendere kure imigani y’ibinyoma+ ikerensa ibyera, iyo abakecuru baca. Ahubwo witoze ufite intego yo kwiyegurira Imana.+  Imyitozo y’umubiri igira umumaro muri bike, ariko kwiyegurira Imana+ bigira umumaro muri byose,+ kuko bikubiyemo isezerano ry’ubuzima bwa none n’ubuzaza.+  Ayo magambo+ ni ayo kwizerwa kandi akwiriye kwemerwa rwose. 10  Ibyo ni byo duhatanira kugeraho dukorana umwete,+ kuko ibyiringiro byacu+ bishingiye ku Mana nzima, yo Mukiza+ w’abantu b’ingeri zose,+ cyane cyane w’abizerwa.+ 11  Ukomeze gutanga ayo mategeko+ no kuyigisha.+ 12  Ntihakagire umuntu uhinyura ubusore bwawe.+ Ahubwo ubere icyitegererezo+ abizerwa+ mu byo uvuga, mu myifatire yawe, mu rukundo, mu kwizera no mu kuba indakemwa.+ 13  Mu gihe ntarakugeraho, ukomeze kugira umwete wo gusomera+ mu ruhame+ no gutanga inama no kwigisha. 14  Ntugapfobye impano+ ikurimo, iyo wahawe binyuze ku buhanuzi,+ n’igihe inteko y’abasaza yakurambikagaho ibiganza.+ 15  Ibyo ujye ubitekerezaho,+ abe ari byo uhugiramo kugira ngo amajyambere yawe+ agaragarire bose. 16  Ujye uhora wirinda wowe ubwawe+ n’inyigisho wigisha.+ Ukomere kuri ibyo bintu, kuko nubigenza utyo uzikiza, ugakiza n’abakumva.+

Ibisobanuro ahagana hasi