1 Samweli 29:1-11

29  Abafilisitiya+ bakoranyiriza ingabo zabo zose muri Afeki, Abisirayeli bo bakambika ku iriba ryari i Yezereli.+  Abami biyunze+ b’Abafilisitiya n’ingabo zabo bagenda biyereka bari mu mitwe y’ingabo amagana n’iy’ingabo ibihumbi. Dawidi n’ingabo ze na bo baza bakurikiyeho biyereka, bari kumwe na Akishi.+  Ibikomangoma by’Abafilisitiya biravuga biti “aba Baheburayo+ barakora iki hano?” Akishi asubiza ibyo bikomangoma by’Abafilisitiya ati “ese uyu si Dawidi, umugaragu wa Sawuli umwami wa Isirayeli? Tumaranye umwaka umwe cyangwa ibiri,+ kandi nta kibi nigeze mubonaho+ uhereye igihe yampungiyeho kugeza uyu munsi.”  Ibikomangoma by’Abafilisitiya biramurakarira cyane, biramubwira biti “subizayo uyu mugabo+ ajye aho wamuhaye kuba. Ntiwemere ko atabarana natwe, atagera ku rugamba akaduhinduka.+ Ese hari ikindi yakora kugira ngo atone kuri shebuja, uretse kumushyira imitwe y’ingabo zacu?  Ese uyu si Dawidi batereraga imbyino bikiranya bati ‘Sawuli yishe ibihumbi, Dawidi yica ibihumbi bibarirwa muri za mirongo’?”+  Akishi+ ahamagara Dawidi aramubwira ati “nkurahiye Yehova Imana nzima+ ko uri umuntu utunganye. Nari nishimiye+ gutabarana nawe kandi tukazatabarukana,+ kuko nta kibi nigeze nkubonaho uhereye igihe waziye iwanjye kugeza uyu munsi.+ Icyakora abami biyunze+ bo ntibakwishimiye.  None isubirireyo amahoro kugira ngo utagira ikibi ukora mu maso y’abami biyunze b’Abafilisitiya.”  Ariko Dawidi abwira Akishi ati “nakoze iki?+ Ni iki wabonye ku mugaragu wawe uhereye igihe naziye iwawe kugeza uyu munsi,+ cyatuma ntajyana nawe ngo ndwanye abanzi b’umwami databuja?”  Akishi asubiza Dawidi ati “nemera rwose ko nta kibi nigeze nkubonaho, ko wambereye nk’umumarayika w’Imana.+ Icyakora ibikomangoma by’Abafilisitiya byavuze biti ‘ntajyana natwe ku rugamba.’ 10  None uzinduke kare mu gitondo, wowe n’abagaragu ba shobuja mwazanye, muhaguruke kare bukimara gucya, mugende.”+ 11  Nuko Dawidi n’ingabo ze babyuka kare mu gitondo+ basubira mu gihugu cy’Abafilisitiya, Abafilisitiya na bo bajya i Yezereli.+

Ibisobanuro ahagana hasi