1 Samweli 27:1-12

27  Icyakora Dawidi aribwira mu mutima we ati “umunsi umwe Sawuli azanyica nta kabuza. Ibyiza ni uko nahungira+ mu gihugu cy’Abafilisitiya.+ Sawuli azanshaka mu gihugu cya Isirayeli+ cyose ambure, mbe ndamukize.”  Dawidi ahagurukana n’ingabo magana atandatu,+ bajya kwa Akishi+ mwene Mawoki, umwami w’i Gati.  Dawidi n’ingabo ze bakomeza kubana na Akishi i Gati, buri wese ari kumwe n’umuryango we.+ Dawidi yari kumwe n’abagore be babiri, Ahinowamu+ w’i Yezereli na Abigayili+ w’i Karumeli, wahoze ari muka Nabali.  Nuko baza kubwira Sawuli ko Dawidi yahungiye i Gati, ntiyongera kumuhiga ukundi.+  Dawidi abwira Akishi ati “niba ntonnye mu maso yawe, reka bampe aho gutura muri umwe mu migi yo mu giturage. Kuki umugaragu wawe yakomeza gutura mu mugi umwe n’umwami?”  Akishi amuha Sikulagi,+ iba iye kugeza n’uyu munsi. Ni yo mpamvu Sikulagi yabaye iy’abami b’i Buyuda kugeza n’uyu munsi.  Igihe cyose Dawidi yamaze mu gihugu cy’Abafilisitiya kingana n’umwaka n’amezi ane.+  Dawidi azamukana n’ingabo ze batera Abageshuri,+ Abagiruzi n’Abamaleki,+ bari batuye mu gihugu kiva i Telamu+ kikagera i Shuri+ no ku gihugu cya Egiputa.  Dawidi atera icyo gihugu, ntiyagira umugabo cyangwa umugore arokora.+ Ajyana amashyo n’imikumbi n’indogobe n’ingamiya n’imyambaro, asubira kwa Akishi. 10  Akishi aramubaza ati “uyu munsi mwagabye igitero he?” Dawidi arasubiza+ ati “twateye mu majyepfo y’u Buyuda+ no mu majyepfo y’igihugu cy’Abayerameli,+ no mu majyepfo y’igihugu cy’Abakeni.”+ 11  Nta mugabo cyangwa umugore Dawidi yarokoraga ngo abajyane ho iminyago i Gati, kuko yavugaga ati “batazatuvamo bakavuga bati ‘Dawidi yakoze ibi n’ibi.’”+ (Uko ni ko yabigenzaga igihe cyose yamaze mu gihugu cy’Abafilisitiya.) 12  Nuko Akishi yemera+ ibyo Dawidi amubwiye, na we aribwira ati “ubu abo mu bwoko bwe bwa Isirayeli bamwanga urunuka nta kabuza;+ azambera umugaragu kugeza ibihe bitarondoreka.”

Ibisobanuro ahagana hasi