1 Samweli 23:1-29

23  Nyuma yaho abantu baza kubwira Dawidi bati “Abafilisitiya bateye i Keyila,+ none basahuye imyaka yari ku mbuga bahuriraho.”+  Dawidi abaza+ Yehova ati “ese ngende ntere abo Bafilisitiya?” Yehova aramusubiza ati “genda utere Abafilisitiya ukize ab’i Keyila.”  Ingabo za Dawidi ziramubwira ziti “ko dufite ubwoba turi hano mu Buyuda,+ nitujya i Keyila kurwana n’ingabo z’Abafilisitiya bizacura iki?”+  Dawidi yongera kubaza Yehova.+ Yehova aramusubiza ati “manuka ujye i Keyila, kuko nzahana Abafilisitiya mu maboko yawe.”+  Dawidi n’ingabo ze bajya i Keyila barwana n’Abafilisitiya, babanyaga amatungo yabo, ariko bo barabica barabatikiza; Dawidi akiza atyo abaturage b’i Keyila.+  Igihe Abiyatari+ mwene Ahimeleki yahungiraga kuri Dawidi i Keyila, yajyanye efodi.+  Abantu baza kubwira Sawuli bati “Dawidi ari i Keyila.”+ Sawuli aravuga ati “Imana yamugurishije mu maboko yanjye,+ kuko yifungiranye igihe yinjiraga mu mugi ukingishijwe inzugi n’ibihindizo.”  Sawuli ahururiza ingabo ze zose kujya ku rugamba, ngo batere i Keyila bagote Dawidi n’ingabo ze.  Dawidi aza kumenya ko Sawuli acura imigambi+ yo kumugirira nabi. Nuko abwira Abiyatari umutambyi ati “igiza efodi hino.”+ 10  Dawidi aravuga ati “Yehova Mana ya Isirayeli,+ umugaragu wawe numvise ko Sawuli ashaka kuza i Keyila kugira ngo arimbure uyu mugi bitewe nanjye.+ 11  Ese abaturage b’i Keyila bazanshyikiriza Sawuli? Ese koko Sawuli azamanuka nk’uko umugaragu wawe nabyumvise? Yehova Mana ya Isirayeli, ndakwinginze bimenyeshe umugaragu wawe.” Yehova aramusubiza ati “azamanuka.”+ 12  Dawidi aravuga ati “ese jye n’ingabo zanjye, abaturage b’i Keyila bazadufata badushyikirize Sawuli?” Yehova aramusubiza ati “bazabafata babashyikirize Sawuli.”+ 13  Dawidi n’ingabo ze nka magana atandatu bahita bahaguruka,+ bava i Keyila bahungira aho bashoboye kugera hose. Baza kubwira Sawuli ko Dawidi yacitse akava i Keyila, bituma areka kujyayo. 14  Dawidi ajya kuba mu butayu ahantu hagerwa bigoranye, akomeza kwibera mu karere k’imisozi miremire yo mu butayu bwa Zifu.+ Sawuli akomeza kumushakisha ubudatuza,+ ariko Imana ntiyamumugabiza.+ 15  Igihe Dawidi yari i Horeshi+ mu butayu bwa Zifu, yakomeje kugira ubwoba kuko Sawuli yari yarahagurukiye guhiga ubugingo bwe. 16  Yonatani mwene Sawuli arahaguruka asanga Dawidi i Horeshi, kugira ngo amufashe+ gukomeza kwiringira Imana.+ 17  Aramubwira ati “ntutinye,+ kuko data Sawuli atazagufata. Uzaba umwami+ wa Isirayeli nanjye nzaba uwa kabiri kuri wowe, kandi na data Sawuli ibyo arabizi.”+ 18  Bombi bagirana isezerano+ imbere ya Yehova; Dawidi akomeza kuba i Horeshi, Yonatani asubira iwe. 19  Nyuma yaho abaturage b’i Zifu+ bajya kureba Sawuli i Gibeya,+ baramubwira bati “Dawidi yihishe+ i Horeshi+ hafi y’iwacu, ahantu hagerwa bigoranye. Ari ku musozi wa Hakila+ uri iburyo bwa Yeshimoni.+ 20  None nyagasani, nk’uko wifuza+ cyane kumanuka ukaza, rwose ngwino natwe tuzamushyikiriza umwami.”+ 21  Sawuli aravuga ati “Yehova abahe umugisha,+ kuko mwangiriye impuhwe. 22  Ngaho nimugende mwongere mugenzure neza mumenye aho akandagije ikirenge hose, mumenye n’uwahamubonye, kuko numvise ko afite amayeri menshi.+ 23  Muzagenzure mumenye neza aho akunda kwihisha hose; muzaze muzanye ikimenyetso kibyemeza, nanjye nzajyana namwe. Naba ari mu gihugu nzamuhigisha uruhindu mu bihumbi+ by’Abayuda byose.” 24  Barahaguruka babanziriza Sawuli i Zifu.+ Icyo gihe Dawidi n’ingabo ze bari mu butayu bw’i Mawoni+ muri Araba,+ mu majyepfo ya Yeshimoni. 25  Nyuma yaho Sawuli n’ingabo ze bajya kumuhiga.+ Babibwiye Dawidi, ahita amanuka ajya mu rutare+ akomeza kuba mu butayu bw’i Mawoni. Sawuli abyumvise akurikira+ Dawidi mu butayu bw’i Mawoni. 26  Amaherezo Sawuli aza kugera ku ibanga rimwe ry’umusozi, Dawidi n’ingabo ze na bo bari ku rindi banga ry’uwo musozi. Dawidi yihutira guhunga+ bitewe na Sawuli. Hagati aho Sawuli n’ingabo ze bari bagose Dawidi n’ingabo ze bashaka kubafata mpiri.+ 27  Ariko haza intumwa ibwira Sawuli iti “ngwino tebuka, Abafilisitiya bateye igihugu!” 28  Sawuli areka gukurikirana Dawidi,+ ajya kurwana n’Abafilisitiya. Ni yo mpamvu aho hantu bahise Sela-Hamalekoti.* 29  Dawidi arazamuka ava aho, ajya kuba hafi ya Eni-Gedi,+ ahantu hagerwa bigoranye.

Ibisobanuro ahagana hasi