1 Abatesalonike 5:1-28

5  Naho ku birebana n’ibihe hamwe n’ibihe byagenwe+ bavandimwe, ntimukeneye kugira icyo mubyandikirwaho.  Mwe ubwanyu muzi neza ko umunsi wa Yehova+ uzaza neza neza nk’uko umujura aza nijoro.+  Igihe bazaba+ bavuga bati “hari amahoro+ n’umutekano!,” ni bwo irimbuka ritunguranye+ rizabagwa gitumo nk’uko ibise bitungura umugore utwite,+ kandi nta ho bazahungira rwose.+  Ariko mwebwe bavandimwe, ntimuri mu mwijima+ ku buryo uwo munsi wabatungura nk’uko umucyo w’umunsi utungura abajura,+  kuko mwese muri abana b’umucyo,+ mukaba abana b’amanywa.+ Ntituri ab’ijoro cyangwa ab’umwijima.+  Nuko rero, twe gusinzira+ nk’uko abandi babigenza,+ ahubwo nimucyo dukomeze kuba maso+ kandi tugire ubwenge,+  kuko abasinzira+ bakunda gusinzira nijoro,+ kandi n’abasinda ubusanzwe basinda nijoro.  Ariko twebwe ab’amanywa, nimucyo dukomeze kugira ubwenge kandi twambare ukwizera+ n’urukundo nk’icyuma gikingira igituza,+ kandi twambare ibyiringiro by’agakiza+ nk’ingofero,+  kuko Imana itatugeneye umujinya,+ ahubwo yatugeneye kuzabona agakiza+ binyuze ku Mwami wacu Yesu Kristo.+ 10  Ni we wadupfiriye+ kugira ngo twaba turiho cyangwa dusinziriye mu rupfu, tuzabane na we.+ 11  Ku bw’ibyo rero, mukomeze guhumurizanya no kubakana,+ mbese nk’uko musanzwe mubigenza.+ 12  Ubu rero bavandimwe, turabasaba kujya mwubaha abakorana umwete muri mwe kandi bakabayobora+ mu Mwami babagira inama, 13  kandi mubagaragarize cyane ko bafite agaciro mubigiranye urukundo, bitewe n’umurimo bakora.+ Mubane amahoro.+ 14  Nanone kandi bavandimwe, turabatera inkunga ngo mujye mucyaha abica gahunda,+ muhumurize abihebye,+ mushyigikire abadakomeye, mwihanganire+ bose. 15  Mwirinde hatagira uwo muri mwe witura umuntu wese inabi yamugiriye,+ ahubwo buri gihe muharanire icyabera cyiza bagenzi banyu n’abandi bose.+ 16  Mujye mwishima buri gihe.+ 17  Musenge ubudacogora.+ 18  Mujye mushimira ku bw’ibintu byose,+ kuko ibyo ari byo Imana ibashakaho muri Kristo Yesu. 19  Ntimukazimye umuriro w’umwuka.+ 20  Ntimugahinyure amagambo y’ubuhanuzi.+ 21  Mugenzure ibintu byose,+ mwizirike ku byiza.+ 22  Mwirinde ububi bw’uburyo bwose.+ 23  Imana y’amahoro+ ibeze rwose.+ Bavandimwe, umwuka wanyu n’ubugingo bwanyu n’umubiri wanyu bikomeze kutagira inenge muri byose, birindwe mu gihe cyo kuhaba k’Umwami wacu Yesu Kristo, bitariho umugayo.+ 24  Uwabahamagaye ni uwo kwizerwa kandi ibyo azabisohoza. 25  Bavandimwe, mukomeze kudusabira.+ 26  Muramukishe abavandimwe bose gusomana kwera.+ 27  Ndabategeka nkomeje binyuze ku Mwami, ngo uru rwandiko ruzasomerwe abavandimwe bose.+ 28  Ubuntu butagereranywa+ bw’Umwami wacu Yesu Kristo bubane namwe.

Ibisobanuro ahagana hasi