1 Abatesalonike 1:1-10

1  Jyewe Pawulo, hamwe na Silivani+ na Timoteyo,+ ndabandikiye mwebwe abo mu itorero ry’i Tesalonike mwunze ubumwe+ n’Imana Data n’Umwami Yesu Kristo: Ubuntu butagereranywa, n’amahoro bibane namwe.+  Buri gihe dushimira Imana iyo tuvuga ibyanyu mwese mu masengesho yacu,+  kuko duhora tuzirikana umurimo wanyu urangwa no kwizera+ n’imirimo mukorana umwete mubitewe n’urukundo, no kwihangana kwanyu muterwa n’uko mwiringira+ Umwami wacu Yesu Kristo imbere y’Imana, ari na yo Data.  Bavandimwe mukundwa n’Imana, tuzi ko yabatoranyije,+  kubera ko ubutumwa bwiza tubwiriza butabagezeho ari amagambo gusa, ahubwo bwabagezeho bufite imbaraga+ n’umwuka wera no kwemeza cyane,+ kuko muzi uko twitwaraga muri mwe ku bw’inyungu zanyu.+  Mwaratwiganye,+ mwigana n’Umwami,+ kubera ko mwemeye ijambo muri mu makuba menshi+ mufite ibyishimo bituruka ku mwuka wera,+  ku buryo mwabereye urugero rwiza abizera bose bo muri Makedoniya no muri Akaya.  Koko rero, ijambo rya Yehova+ ryaturutse iwanyu ntiryumvikanye muri Makedoniya no muri Akaya gusa, ahubwo kwizera+ Imana kwanyu kwamamaye hose,+ ku buryo tudakeneye kugira icyo tuvuga.  Bo ubwabo bakomeje kuvuga ukuntu twageze iwanyu ubwa mbere n’ukuntu mwahindukiriye Imana mukareka ibigirwamana byanyu,+ kugira ngo mukorere Imana nzima+ kandi y’ukuri,+ 10  kandi mutegereze+ Umwana wayo uzaturuka mu ijuru,+ uwo yazuye mu bapfuye,+ ari we Yesu, udukiza umujinya w’Imana ugiye kuza.+

Ibisobanuro ahagana hasi