1 Abakorinto 4:1-21

4  Mureke abantu bajye babona ko turi abagaragu+ ba Kristo, tukaba n’ibisonga+ byabikijwe amabanga yera+ y’Imana.  Kuri iyo ngingo kandi, ibisonga+ biba byitezweho ko biba indahemuka.+  Icyakora kuri jye, kuba nagenzurwa namwe cyangwa urukiko rw’abantu,+ nta cyo bivuze rwose. Ndetse nanjye ubwanjye sinigenzura,  kuko nta cyo umutimanama+ wanjye undega. Ariko ibyo si byo bigaragaza ko ndi umukiranutsi, ahubwo ungenzura ni Yehova.+  Ku bw’ibyo rero, ntimugace urubanza+ rw’ikintu icyo ari cyo cyose igihe cyagenwe kitaragera,+ kugeza igihe Umwami azazira, we uzashyira ahagaragara+ ibintu by’amabanga bikorerwa mu mwijima, kandi akanagaragaza imigambi yo mu mitima.+ Icyo gihe ni bwo buri wese azabona ishimwe rituruka ku Mana.+  None rero bavandimwe, ibyo bintu nabyiyerekejeho jye na Apolo+ ku bw’inyungu zanyu, kugira ngo urugero rwacu rubigishe iri tegeko: “ntimugatandukire ibyanditswe,”+ kugira ngo mutiyemera,+ umwe yumva ko aruta undi.+  Ni nde utuma uba umuntu utandukanye+ n’undi? Ubundi se ni iki ufite utahawe?+ Niba se waragihawe,+ kuki wirata+ nk’aho utagihawe?  Mbese ntimumaze kubona ibibahagije? Ntimumaze kuba abakire?+ Mbese mwatangiye gutegeka muri abami+ tutari kumwe? Kandi koko, nifuza ko mwaba mwaratangiye gutegeka muri abami kugira ngo natwe dutegekane namwe turi abami.+  Mbona bisa naho twebwe intumwa, Imana yatumuritse+ turi aba nyuma, tumeze nk’abakatiwe urwo gupfa,+ kuko twabaye ibishungero+ by’isi, iby’abamarayika+ n’abantu.+ 10  Turi abapfapfa+ bitewe na Kristo, ariko mwe muri abanyabwenge+ muri Kristo; twe turi abanyantege nke,+ ariko mwe murakomeye;+ muvugwa neza,+ ariko twe turasuzugurwa.+ 11  Kugeza kuri iyi saha, dukomeza kugira inzara+ n’inyota,+ tukambara ubusa,+ tugakubitwa+ ibipfunsi duhutazwa, ntitugire aho tuba+ 12  kandi tukagoka+ dukoresha amaboko yacu.+ Iyo badututse tubasabira umugisha,+ iyo dutotejwe turihangana,+ 13  iyo badushebeje turinginga;+ twahindutse ibishingwe by’isi, tuba imyanda y’ibintu byose kugeza n’ubu.+ 14  Ibi simbibandikiye ngamije kubakoza isoni, ahubwo ni ukugira ngo mbagire inama nk’abana banjye nkunda.+ 15  Nubwo mwagira abarezi+ ibihumbi icumi muri Kristo, nta gushidikanya, ntimufite ba so benshi,+ kuko nabaye so muri Kristo Yesu binyuze ku butumwa bwiza.+ 16  Ku bw’ibyo rero, ndabinginga ngo mujye munyigana.+ 17  Ni yo mpamvu mbatumyeho+ Timoteyo, kuko ari umwana wanjye+ mu Mwami, uwo nkunda kandi w’indahemuka. Azabibutsa imikorere yanjye muri Kristo Yesu+ nk’uko nigisha hose muri buri torero. 18  Hari bamwe biyemera+ nk’aho mu by’ukuri ntazaza iwanyu. 19  Ariko Yehova nabishaka+ nzabageraho bidatinze, kandi icyo nzaba nshaka kumenya si amagambo y’abo biyemera, ahubwo ni imbaraga zabo. 20  Ubwami bw’Imana ntibushingiye ku magambo, ahubwo bushingiye ku mbaraga+ z’Imana. 21  Murashaka iki? Ko nzaza iwanyu nitwaje inkoni,+ cyangwa nzaze nitwaje urukundo no kwitonda?+

Ibisobanuro ahagana hasi