1 Abakorinto 2:1-16

2  Nanjye rero bavandimwe, ubwo nazaga iwanyu kubatangariza ibanga ryera+ ry’Imana, sinazanye amagambo+ menshi cyangwa ubwenge.  Kuko niyemeje kutagira ikindi nerekezaho ibitekerezo byanyu uretse Yesu Kristo+ wenyine, wamanitswe.  Naje iwanyu mfite intege nke n’ubwoba kandi mpinda umushyitsi cyane.+  Ibyo navugaga n’ibyo nabwirizaga sinabivuganaga amagambo yemeza y’ubwenge, ahubwo nabivugaga mu buryo bugaragaza umwuka w’Imana n’imbaraga zayo,+  kugira ngo ukwizera kwanyu kutaba gushingiye ku bwenge bw’abantu,+ ahubwo kube gushingiye ku mbaraga z’Imana.+  Ubu noneho turavuga ibyerekeye ubwenge mu bantu bakuze+ mu buryo bw’umwuka, ariko si ubwenge+ bw’iyi si cyangwa ubw’abategetsi b’iyi si+ bagiye gushiraho.+  Ahubwo turavuga ibyerekeye ubwenge bw’Imana buri mu ibanga ryera,+ ubwenge bwahishwe, ubwo Imana yagennye mbere ya za gahunda+ z’ibintu kugira ngo tuzahabwe ikuzo.  Ubwo bwenge nta n’umwe mu bategetsi+ b’iyi si wigeze abumenya,+ kuko iyo babumenya, ntibaba baramanitse+ Umwami nyir’ikuzo.  Ahubwo ni nk’uko byanditswe ngo “ibintu Imana yateguriye abayikunda,+ nta jisho ryigeze ribibona, nta n’ugutwi kwigeze kubyumva kandi nta n’ubwo byigeze bitekerezwa mu mutima w’umuntu.” 10  Ni twe Imana yabihishuriye+ binyuze ku mwuka wayo,+ kuko umwuka+ ugenzura ibintu byose, ndetse n’ibintu byimbitse+ by’Imana. 11  None se, ni nde mu bantu uzi ibiri mu muntu uretse umwuka+ umurimo? Ni na ko nta muntu wamenye iby’Imana, keretse umwuka+ w’Imana. 12  Twe rero ntitwahawe umwuka+ w’isi, ahubwo twahawe umwuka+ uturuka ku Mana, kugira ngo dushobore kumenya ibintu Imana yaduhaye+ ibigiranye ineza. 13  Ibyo bintu ni na byo tuvuga, tudakoresheje amagambo twigishijwe n’ubwenge bw’abantu,+ ahubwo tubivuga dukoresheje amagambo twigishijwe n’umwuka,+ ari na ko duhuza ibintu by’umwuka n’amagambo y’umwuka.+ 14  Ariko umuntu wa kamere ntiyemera ibintu by’umwuka w’Imana, kuko kuri we biba ari ubupfu, kandi ntashobora kubimenya+ kuko bisuzumwa mu buryo bw’umwuka. 15  Icyakora, umuntu w’umwuka+ we asuzuma ibintu byose, ariko we nta muntu umusuzuma.+ 16  “Ni nde wamenye ibyo Yehova+ atekereza kugira ngo amwigishe?”+ Ariko twe dufite imitekerereze+ ya Kristo.

Ibisobanuro ahagana hasi