1 Abakorinto 16:1-24

16  Naho ku birebana no gukusanya+ imfashanyo zigenewe abera,+ namwe mugenze nk’uko nategetse amatorero y’i Galatiya.+  Buri munsi wa mbere w’icyumweru, umuntu wese muri mwe ajye agira icyo ashyira ku ruhande iwe mu rugo akurikije ibyo afite, kugira ngo imfashanyo zitazakusanywa ari uko mpageze.  Ahubwo ningera aho, abo muzaba mwemeje bose mukoresheje inzandiko,+ nzabatuma i Yerusalemu bajyane impano yanyu ivuye ku mutima.  Icyakora nibiba bikwiriye ko nanjye njyayo, tuzajyana.  Ariko nzaza iwanyu maze kunyura muri Makedoniya, kuko ubu ngiye kunyura muri Makedoniya;+  wenda nzagumana namwe cyangwa se tunamarane igihe cy’imbeho, kugira ngo aho nzerekeza hose muzamperekeze+ ho gato.  Sinifuza kubabona gusa nihitira, ahubwo niringiye ko nzamarana namwe+ igihe runaka Yehova+ nabishaka.+  Ariko ubu ndacyari muri Efeso+ kugeza ku munsi mukuru wa Pentekote,  kuko nugururiwe irembo rigari rijya mu murimo;+ ariko abandwanya ni benshi. 10  Icyakora Timoteyo+ naza, ntimuzatume agira ubwoba muri mwe, kuko akora umurimo wa Yehova+ nk’uko nanjye nywukora. 11  Ku bw’ibyo rero, ntihakagire umuntu umuhinyura.+ Ahubwo muzamuherekeze, mumusezereho amahoro kugira ngo agere aho ndi, kuko mutegereje hamwe n’abavandimwe. 12  Naho ku byerekeye umuvandimwe wacu Apolo,+ naramwinginze cyane ngo aze iwanyu hamwe n’abavandimwe, icyakora icyo gihe ntiyashakaga kuza rwose, ariko azaza nabona uburyo. 13  Mukomeze kuba maso,+ muhagarare mushikamye mu kwizera,+ mube abagabo nyabagabo,+ mukomere.+ 14  Ibyo mukora byose mubikorane urukundo.+ 15  Ariko noneho ndabatera inkunga bavandimwe: muzi ko abo kwa Sitefana ari bo muganura+ w’abo muri Akaya kandi bitangiye gukorera abera.+ 16  Namwe mukomeze kugandukira abantu bameze batyo, n’umuntu wese urangwa n’umwuka w’ubufatanye kandi agakorana umwete.+ 17  Ariko nishimira ko ndi kumwe na Sitefana+ na Forutunato na Akayiku, kubera ko aho mutari bahababereye; 18  bahumurije umutima wanjye+ n’uwanyu. Nuko rero, mujye mwemera abantu bameze batyo.+ 19  Amatorero yo muri Aziya arabatashya.+ Akwila na Purisikila hamwe n’itorero riteranira mu nzu yabo+ barabatashya mu Mwami wacu, babikuye ku mutima. 20  Abavandimwe bose barabatashya. Muramukanishe gusomana kwera.+ 21  Jyewe Pawulo ndabatahije, kandi nanditse iyi ntashyo n’ukuboko kwanjye.+ 22  Niba hari umuntu udakunda Umwami avumwe.+ Ngwino Mwami wacu!+ 23  Ubuntu butagereranywa bw’Umwami Yesu bubane namwe. 24  Urukundo rwanjye rubane namwe mwese abunze ubumwe na Kristo Yesu.

Ibisobanuro ahagana hasi