1 Abakorinto 11:1-34

11  Mujye munyigana nk’uko nanjye nigana Kristo.+  Ubu ndabashimira kubera ko mu bintu byose munzirikana kandi mukaba mukomeye ku migenzo+ nk’uko nayibahaye.  Ariko ndashaka ko mumenya ko umutware w’umugabo wese ari Kristo,+ kandi ko umutware w’umugore ari umugabo,+ naho umutware wa Kristo akaba Imana.+  Umugabo wese usenga cyangwa uhanura atwikiriye umutwe, aba akojeje isoni umutware we.+  Ariko umugore wese usenga cyangwa uhanura+ adatwikiriye umutwe,+ aba akojeje isoni umutware we, kuko biba bimeze neza neza nk’aho ari umugore wimoje.+  Niba umugore adatwikiriye umutwe we, nanone yikemuze umusatsi, ariko niba biteye isoni ko umugore yikemuza umusatsi cyangwa ngo yimoze,+ natwikire umutwe we.+  Umugabo ntagomba gutwikira umutwe we kuko ari ishusho y’Imana+ n’ikuzo ryayo,+ ariko umugore ni ikuzo ry’umugabo.+  Umugabo si we wakuwe mu mugore, ahubwo umugore ni we wakuwe mu mugabo,+  kandi ikirenze kuri ibyo, umugabo ntiyaremwe ku bw’umugore, ahubwo umugore ni we waremwe ku bw’umugabo.+ 10  Kubera iyo mpamvu, kandi bitewe n’abamarayika,+ umugore agomba kugira ikimenyetso cy’ubutware ku mutwe we.+ 11  Nanone ku birebana n’Umwami, umugore ntabaho hatariho umugabo, kandi umugabo ntabaho hatariho umugore.+ 12  Kuko nk’uko umugore yakuwe mu mugabo,+ ni ko n’umugabo abaho binyuze ku mugore,+ ariko ibintu byose bituruka ku Mana.+ 13  Ngaho namwe ubwanyu nimuce urubanza: mbese birakwiriye ko umugore asenga Imana adatwikiriye umutwe? 14  Mbese kamere ubwayo ntibigisha ko iyo umugabo afite imisatsi miremire bimusuzuguza, 15  ariko umugore yagira imisatsi miremire bikamubera icyubahiro?+ Yahawe umusatsi ngo umubere umwambaro wo ku mutwe.+ 16  Icyakora nihagira umuntu usa naho ashaka kujya impaka+ ku byerekeye undi mugenzo,+ nta wundi dufite, kandi n’amatorero y’Imana nta wo afite. 17  Ariko mbahaye ayo mabwiriza ntabashimira, kuko mudaterana+ mugamije ibyiza, ahubwo muba mugamije ibibi. 18  Mbere na mbere, iyo muteraniye hamwe mu itorero, numva ko muri mwe harimo ibyo kwicamo ibice,+ kandi mu rugero runaka nemera ko ari ko biri koko. 19  Nanone muri mwe hagomba kubamo udutsiko,+ kugira ngo abantu bemewe na bo bashobore kugaragara muri mwe.+ 20  Ku bw’ibyo, iyo muteraniye ahantu hamwe, kurya ifunguro ry’Umwami rya nimugoroba+ ntibishoboka. 21  Iyo murirya, buri wese abanza gufata ifunguro rye rya nimugoroba, ku buryo usanga umwe ashonje, naho undi yasinze. 22  None se rwose ntimufite amazu mushobora kuriramo kandi mukanyweramo?+ Cyangwa musuzugura itorero ry’Imana mugatuma abatagira icyo bafite+ bagira ikimwaro? Mbabwire iki? Mbashime se? Oya, kuri iyo ngingo simbashima. 23  Icyo nahawe n’Umwami ni cyo nanjye nabahaye, ko mu ijoro+ Umwami Yesu yari butangwemo yafashe umugati, 24  nuko amaze gushimira arawumanyagura,+ aravuga ati “uyu ugereranya umubiri wanjye+ ugomba gutangwa ku bwanyu. Mujye mukomeza gukora mutya munyibuka.”+ 25  N’igikombe na cyo+ akigenza atyo, amaze gufata ifunguro rya nimugoroba, aravuga ati “iki gikombe kigereranya isezerano rishya+ rishingiye ku maraso yanjye.+ Mujye mukomeza gukora mutya munyibuka+ igihe cyose mukinyweraho.” 26  Igihe cyose+ murya uyu mugati kandi mukanywera kuri iki gikombe, muba mukomeza gutangaza urupfu+ rw’Umwami kugeza igihe azazira.+ 27  Kubera iyo mpamvu rero, umuntu wese urya umugati cyangwa akanywera ku gikombe cy’Umwami mu buryo budakwiriye, azagibwaho n’urubanza+ ku birebana n’umubiri w’Umwami n’amaraso+ ye. 28  Umuntu ajye abanza yisuzume neza yitonze,+ arebe niba akwiriye, maze abone kurya ku mugati no kunywera ku gikombe. 29  Urya kandi akanywa adasobanukiwe iby’uwo mubiri, aba aririye kandi anywereye gucirwa urubanza.+ 30  Ni yo mpamvu hari benshi muri mwe bagira intege nke kandi bakarwaragurika, kandi abatari bake bakaba basinziriye+ mu rupfu. 31  Ariko nitwisuzuma tukareba niba dukwiriye, ntituzacirwa urubanza.+ 32  Icyakora, iyo duciriwe urubanza,+ ni Yehova+ uba uduhannye kugira ngo tutazacirwaho iteka+ hamwe n’isi.+ 33  Ku bw’ibyo rero bavandimwe, nimuteranira hamwe mugiye kurya iryo funguro,+ mujye mutegereza abandi. 34  Niba hari ushonje, ajye arira iwe mu rugo,+ kugira ngo mudateranira hamwe gucirwa urubanza.+ Ariko ibindi bibazo bisigaye nzabikemura mpageze.

Ibisobanuro ahagana hasi