1 Abakorinto 1:1-31

1  Jyewe Pawulo, wahamagariwe kuba intumwa+ ya Yesu Kristo nk’uko Imana yabishatse,+ hamwe n’umuvandimwe wacu Sositeni,+  ndabandikiye mwebwe abo mu itorero ry’Imana riri i Korinto,+ mwebwe abejejwe+ mwunze ubumwe na Kristo Yesu mwahamagariwe kuba abera,+ hamwe n’abandi bose bambaza izina+ ry’Umwami wacu Yesu Kristo, aho bari hose, ari we Mwami wabo n’uwacu:+  Ubuntu butagereranywa,+ n’amahoro+ bituruka ku Mana Data n’Umwami wacu Yesu Kristo+ bibane namwe.  Buri gihe nshimira Imana ku bwanyu, mbitewe n’ubuntu butagereranywa+ Imana yabagiriye muri Kristo Yesu,+  ko mu bintu byose mwakungahajwe+ n’uko mwunze ubumwe na we, mukagira ubushobozi bwuzuye bwo kuvuga n’ubumenyi bwuzuye,+  kuko guhamya ibya Kristo+ byakomejwe muri mwe,  kugira ngo mutabura impano+ iyo ari yo yose mu gihe mugitegerezanyije amatsiko guhishurwa+ k’Umwami wacu Yesu Kristo.  Nanone kandi, azatuma mukomeza gushikama+ kugeza ku iherezo, kugira ngo muzabe mutariho umugayo+ ku munsi+ w’Umwami wacu Yesu Kristo.+  Imana ni indahemuka,+ yo yabahamagariye gufatanya+ n’Umwana wayo Yesu Kristo, Umwami wacu. 10  Nuko rero bavandimwe, ndabingingira+ mu izina+ ry’Umwami wacu Yesu Kristo, ngo mwese mujye muvuga rumwe,+ kandi muri mwe he kubaho kwicamo ibice,+ ahubwo mwunge ubumwe rwose mu bitekerezo kandi mugire imyumvire imwe.+ 11  Bavandimwe banjye, abo kwa Kilowe bambwiye+ ibyanyu, ko mwacitsemo ibice. 12  Icyo nshaka kuvuga ni iki: buri wese muri mwe aravuga ati “ndi uwa Pawulo,” undi ati “ariko jye ndi uwa Apolo,”+ naho undi ati “ariko jye ndi uwa Kefa,” undi na we ati “ariko jye ndi uwa Kristo.” 13  Kristo yaciwemo ibice.+ Ese Pawulo ni we wabamanikiwe? Cyangwa hari ubwo mwabatijwe+ mu izina rya Pawulo? 14  Nshimira Imana ko nta n’umwe muri mwe nabatije, uretse Kirisipo+ na Gayo,+ 15  kugira ngo hatagira n’umwe uvuga ko mwabatijwe mu izina ryanjye. 16  Yee, nanone nabatije abo kwa Sitefana.+ Ariko abasigaye bo, sinzi niba hari undi nigeze mbatiza! 17  Kristo ntiyantumye+ kujya kubatiza, ahubwo yantumye kujya gutangaza ubutumwa bwiza. Icyakora sinagiye mfite ubwenge bwo kuvuga,+ kugira ngo igiti cy’umubabaro cya Kristo kidahinduka imfabusa. 18  Kuvuga iby’igiti cy’umubabaro ni ubupfu+ ku barimbuka,+ ariko kuri twe abakizwa,+ ni imbaraga z’Imana,+ 19  kuko byanditswe ngo “nzatuma ubwenge bw’abanyabwenge burimbuka,+ kandi ubuhanga bw’abahanga+ nzabusuzugura.”+ 20  Umunyabwenge ari he? Umwanditsi ari he?+ Umunyampaka+ wo mu by’iyi si+ ari he? Mbese Imana ntiyahinduye ubwenge bw’iyi si ubupfu?+ 21  Kubera ko isi, binyuze ku bwenge bwayo,+ itamenye Imana+ mu buryo buhuje n’ubwenge bw’Imana, Imana yabonye ko ari byiza gukiza abizera binyuze ku bupfu+ bw’ubutumwa bubwirizwa. 22  Abayahudi basaba ibimenyetso+ naho Abagiriki bagashaka ubwenge,+ 23  ariko twe tubwiriza Kristo wamanitswe,+ ku Bayahudi bikababera igisitaza,+ naho abanyamahanga bakabona ko ari ubupfu.+ 24  Icyakora ku bahamagawe, baba Abayahudi cyangwa Abagiriki, Kristo ni imbaraga+ z’Imana n’ubwenge+ bwayo. 25  Kuko ikintu giturutse ku Mana kigaragara ko ari ubupfu kirusha abantu ubwenge, kandi ikintu giturutse ku Mana kigaragara ko gifite intege nke, kirusha abantu gukomera.+ 26  Bavandimwe, murebye ukuntu yabahamagaye, mubona ko atari benshi mu bo abantu babona ko ari abanyabwenge+ bahamagawe,+ kandi ko atari benshi mu bakomeye+ cyangwa abavukiye mu miryango y’ibikomerezwa bahamagawe. 27  Ahubwo Imana yatoranyije ibintu byo mu isi+ bigaragara ko ari ubupfu, kugira ngo ikoze isoni abanyabwenge; nanone Imana yatoranyije ibintu byo mu isi bigaragara ko bifite intege nke, kugira ngo ikoze isoni ibintu bikomeye;+ 28  Imana yatoranyije ibintu byo mu isi byoroheje n’ibisuzuguritse n’ibitariho,+ kugira ngo ihindure ubusa+ ibiriho, 29  bityo he kugira umuntu wirata+ imbere y’Imana. 30  Ariko ni yo yatumye mwunga ubumwe na Kristo Yesu, we watubereye ubwenge+ buturuka ku Mana, no gukiranuka+ no kwezwa no kubohorwa+ gushingiye ku ncungu,+ 31  kugira ngo bibe nk’uko byanditswe ngo “uwirata, yirate Yehova.”+

Ibisobanuro ahagana hasi