IBIBAZO BISHINGIYE KURI BIBILIYA

Ni mu buhe buryo Yesu akiza?

Ikinyarwanda
Ni mu buhe buryo Yesu akiza?
https://cms-imgp.jw-cdn.org/img/p/502018118/univ/art/502018118_univ_sqr_xl.jpg
ijwbq ingingo 140

Ni mu buhe buryo Yesu akiza?

Ni mu buhe buryo Yesu akiza?

Icyo Bibiliya ibivugaho

 Yesu yakijije abantu bizerwa igihe yatangaga ubuzima bwe ngo bube inshungu (Matayo 20:28). Ni yo mpamvu Bibiliya yita Yesu “Umukiza w’isi” (1 Yohana 4:14). Nanone igira iti: “Nta wundi muntu agakiza kabonerwamo, kuko ari nta rindi zina abantu bahawe munsi y’ijuru tugomba gukirizwamo.”—Ibyakozwe 4:12.

 Yesu ‘yasogongereye urupfu’ abantu bose bamwizera (Abaheburayo 2:9; Yohana 3:16). Icyakora “Imana yamuzuye mu bapfuye,” asubira mu ijuru ari ikiremwa cy’umwuka (Ibyakozwe 3:15). Ubu Yesu, ‘ashobora gukiza abegera Imana bamunyuzeho, kuko ahora ari muzima kugira ngo abasabire yinginga.’—Abaheburayo 7:25.

Ese ni ngombwa ko Yesu adusabira?

 Twese turi abanyabyaha (Abaroma 3:23). Icyaha kidutandukanya n’Imana kandi kikatuzanira urupfu (Abaroma 6:23). Ariko Yesu abera “umufasha” abantu bose bizera igitambo cye cy’inshungu (1 Yohana 2:1). Asaba Imana yinginga kugira ngo yumve amasengesho y’abantu kandi ibababarire ibyaha byabo ishingiye ku gitambo cya Yesu (Matayo 1:21; Abaroma 8:34). Imana yumva ibyo Yesu asaba yinginga kubera ko bihuje n’ibyo ashaka. Imana yohereje Yesu ku isi kugira ngo “isi ikizwe binyuze kuri we.”—Yohana 3:17.

Ese kwizera Yesu gusa birahagije kugira ngo tuzakizwe?

 Oya. Nubwo tugomba kwizera Yesu kugira ngo tuzabone agakiza, hari ibindi dusabwa (Ibyakozwe 16:30, 31). Bibiliya igira iti: “Nk’uko umubiri udafite umwuka uba upfuye, ni ko no kwizera kutagira imirimo kuba gupfuye” (Yakobo 2:26). Kugira ngo tuzakizwe tugomba:

  •   Kwiga ibyerekeye Yehova na Yesu.—Yohana 17:3.

  •   Kubizera.—Yohana 12:44; 14:1.

  •   Kugaragaza ko twizera kandi tukumvira amategeko baduha (Luka 6:46; 1 Yohana 2:17). Yesu yigishije ko umuntu wese umwita ‘Umwami’ atari we uzakizwa keretse gusa ‘abakora ibyo Se wo mu ijuru ashaka.’—Matayo 7:21.

  •   Gukomeza kugira ukwizera nubwo wahura n’ingorane. Ibyo Yesu yabisobanuye neza igihe yavugaga ati: “Uzihangana akageza ku iherezo ni we uzakizwa.”—Matayo 24:13.