Soma ibirimo

Ese ubuhanuzi buvuga ibya Mesiya bwaba bugaragaza ko Yesu ari we wari Mesiya?

Ese ubuhanuzi buvuga ibya Mesiya bwaba bugaragaza ko Yesu ari we wari Mesiya?

Icyo Bibiliya ibivugaho

 Yego. Igihe Yesu yari ku isi, yashohoje ubuhanuzi bwinshi buvuga ibya “Mesiya Umuyobozi,” wari kuba “Umukiza w’isi” (Daniyeli 9:25; 1 Yohana 4:14). Na nyuma y’urupfu rwe, yashohoje ubundi buhanuzi buvuga ibya Mesiya.—Zaburi 110:1; Ibyakozwe 2:34-36.

 Izina “Mesiya” risobanura iki?

 Ijambo ry’Igiheburayo Ma·shiʹach ryahinduwemo Mesiya hamwe n’iry’Ikigiriki Khri·stos ryahinduwemo Kristo, yombi asobanura “Uwatoranyijwe.” Ubwo rero, “Yesu Kristo” bisobanura “Yesu watoranyijwe,” cyangwa “Yesu Mesiya.”

 Mu bihe bya Bibiliya, akenshi iyo umuntu yatoranywaga ngo ahabwe inshingano yihariye, bamusukagaho amavuta ku mutwe (Abalewi 8:12; 1 Samweli 16:13). Yesu na we yatoranyijwe n’Imana kugira ngo abe Mesiya; uwo akaba ari umwanya wihariye cyane (Ibyakozwe 2:36). Icyakora Yesu we ntiyasutsweho amavuta, ahubwo yasutsweho umwuka wera.—Matayo 3:16.

 Ese birashoboka ko ubuhanuzi buvuga ibya Mesiya bwari gusohorera ku bantu benshi?

 Oya. Kimwe n’uko buri muntu agira ikimuranga kihariye, ni na ko ubuhanuzi bwo muri Bibiliya bwerekezaga kuri Mesiya gusa cyangwa Kristo. Icyakora, Bibiliya iduha umuburo w’uko hari kuzaduka ba ‘Kristo b’ibinyoma hamwe n’abahanuzi b’ibinyoma bakazakora ibimenyetso bikomeye n’ibitangaza kugira ngo bayobye abantu, ndetse byabashobokera bakayobya n’abatoranyijwe.’—Matayo 24:24.

 Ese twaba tugitegereje Mesiya?

 Oya. Bibiliya yari yaravuze ko Mesiya yari gukomoka mu muryango wa Dawidi umwami wa Isirayeli (Zaburi 89:3, 4). Birashoboka ko inyandiko zigaragaza ibisekuru by’Abayahudi kugeza kuri Dawidi zabuze igihe Abaroma bigaruriraga Yerusalemu mu mwaka wa 70. a Ubwo rero, kuva icyo gihe nta muntu ushobora kwemeza ko akomoka mu muryango w’Umwami Dawidi. Icyakora, nubwo igihe Yesu yari hano ku isi izo nyandiko zari zikiriho, nta muntu n’umwe ndetse n’abanzi be wigeze ahakana ko yari uwo mu muryango wa Dawidi.—Matayo 22:41-46.

 Muri Bibiliya harimo ubuhanuzi bungahe buvuga ibya Mesiya?

 Ntibyoroshye kumenya umubare nyawo w’ubuhanuzi buvuga ibya Mesiya. Ibyo biterwa n’uko abantu babara ubuhanuzi buvuga ibya Mesiya mu buryo butandukanye. Urugero, muri Yesaya 53:2-7 havugwamo ibintu byinshi byari kuranga Mesiya. Hari abantu bamwe babona ko ubuhanuzi buvugwamo ari bumwe, mu gihe abandi bo babona ko hakubiyemo ubuhanuzi bwinshi.

 Ubuhanuzi buvuga ibya Mesiya Yesu yashohoje

Ubuhanuzi

Aho bugaragara

Uko bwasohoye

Yari uwo mu rubyaro rwa Aburahamu

Intangiriro 22:17, 18

Matayo 1:1

Yari uwo mu rubyaro rwa Isaka umuhungu wa Aburahamu

Intangiriro 17:19

Matayo 1:2

Yari gukomoka mu muryango wa Yuda

Intangiriro 49:10

Matayo 1:1, 3

Yari gukomoka mu muryango w’Umwami Dawidi

Yesaya 9:7

Matayo 1:1

Yari kubyarwa n’umukobwa w’isugi

Yesaya 7:14

Matayo 1:18, 22, 23

Yari kuvukira i Betelehemu

Mika 5:2

Matayo 2:1, 5, 6

Yari kwitwa Emanweli b

Yesaya 7:14

Matayo 1:21-23

Yari kuvukira mu muryango ukennye

Yesaya 53:2

Luka 2:7

Igihe yavukaga, abana bato bari kwicwa

Yeremiya 31:15

Matayo 2:16-18

Yari guhamagarwa akava muri Egiputa

Hoseya 11:1

Matayo 2:13-15

Yari kwitwa Umunyanazareti c

Yesaya 11:1

Matayo 2:23

Yari kubanzirizwa n’intumwa

Malaki 3:1

Matayo 11:7-10

Yari gutoranywa akaba Mesiya mu mwaka wa 29. d

Daniyeli 9:25

Matayo 3:13-17

Imana yari kwemeza ko ari Umwana wayo

Zaburi 2:7

Ibyakozwe 13:33, 34

Yari kugirira ishyaka Inzu y’Imana

Zaburi 69:9

Yohana 2:13-17

Yari kwamamaza ubutumwa bwiza

Yesaya 61:1

Luka 4:16-21

Yari kubwiriza muri Galilaya ikabona umucyo

Yesaya 9:1, 2

Matayo 4:13-16

Yari gukora ibitangaza nka Mose

Gutegeka kwa Kabiri 18:15

Ibyakozwe 2:22

Yari kuvuga ibyavaga ku Mana nka Mose

Gutegeka kwa Kabiri 18:18, 19

Yohana 12:49

Yari gukiza abarwayi benshi

Yesaya 53:4

Matayo 8:16, 17

Ntiyari kwishakira ikuzo

Yesaya 42:2

Matayo 12:17, 19

Yari kugirira impuhwe ababaye

Yesaya 42:3

Matayo 12:9-20; Mariko 6:34

Yari kuzana ubutabera bw’Imana

Yesaya 42:1, 4

Matayo 12:17-20

Yari kuba umujyanama uhebuje

Yesaya 9:6, 7

Yohana 6:68

Yari kumenyekanisha izina rya Yehova

Zaburi 22:22

Yohana 17:6

Yari kwigisha akoresheje imigani

Zaburi 78:2

Matayo 13:34, 35

Yari kuba Umuyobozi

Daniyeli 9:25

Matayo 23:10

Abantu benshi ntibari kumwizera

Yesaya 53:1

Yohana 12:37, 38

Yari kuba nk’ibuye rigusha

Yesaya 8:14, 15

Matayo 21:42-44

Abantu ntibari kumwemera

Zaburi 118:22, 23

Ibyakozwe 4:10, 11

Abantu bari kumwanga nta mpamvu

Zaburi 69:4

Yohana 15:24, 25

Yari kwinjira i Yerusalemu nk’umwami ari ku cyana k’indogobe

Zekariya 9:9

Matayo 21:4-9

Yari kubonera ishimwe mu kanwa k’abana bato

Zaburi 8:2

Matayo 21:15, 16

Yari kuza mu izina rya Yehova

Zaburi 118:26

Yohana 12:12, 13

Yari kugambanirwa n’inshuti ye

Zaburi 41:9

Yohana 13:18

Yari kugurishwa ibiceri by’ifeza 30 e

Zekariya 11:12, 13

Matayo 26:14-16; 27:3-10

Incuti ze zari kumutererana

Zekariya 13:7

Matayo 26:31, 56

Yari gushinjwa n’abagabo b’ibinyoma

Zaburi 35:11

Matayo 26:59-61

Bari kumurega ntabasubize

Yesaya 53:7

Matayo 27:12-14

Bari kumucira amacandwe

Yesaya 50:6

Matayo 26:67; 27:27, 30

Bari kumukubita mu mutwe

Mika 5:1

Mariko 15:19

Yari gukubitwa

Yesaya 50:6

Yohana 19:1

Ntiyari kurwanya abamukubise

Yesaya 50:6

Yohana 18:22, 23

Abayobozi bari kumugambanira

Zaburi 2:2

Luka 23:10-12

Bari kumutera imisumari mu maboko no mu birenge

Zaburi 22:16

Matayo 27:35; Yohana 20:25

Bari gukorera ubufindo imyenda ye

Zaburi 22:18

Yohana 19:23, 24

Yari kumanikanwa n’ibisambo

Yesaya 53:12

Matayo 27:38

Baramunnyeze kandi baramutuka

Zaburi 22:7, 8

Matayo 27:39-43

Yari gupfira abanyabyaha

Yesaya 53:5, 6

1 Petero 2:23-25

Yari gusa n’aho yatereranywe n’Imana

Zaburi 22:1

Mariko 15:34

Bari kumuha divayi y’umushari ivanze n’ibintu birura

Zaburi 69:21

Matayo 27:34

Mbere gato yo gupfa, yari kugira inyota

Zaburi 22:15

Yohana 19:28, 29

Yari gushyira umwuka we mu maboko y’Imana

Zaburi 31:5

Luka 23:46

Yari gutanga ubuzima bwe

Yesaya 53:12

Mariko 15:37

Yari gutanga incungu yo gukuraho icyaha

Yesaya 53:12

Matayo 20:28

Amagufwa ye ntiyari kuvunwa

Zaburi 34:20

Yohana 19:31-33, 36

Yari guterwa icumu

Zekariya 12:10

Yohana 19:33-35, 37

Yari guhambanwa n’abakire

Yesaya 53:9

Matayo 27:57-60

Yari gupfa akazuka

Zaburi 16:10

Ibyakozwe 2:29-31

Uwamugambaniye yari gusimbuzwa

Zaburi 109:8

Ibyakozwe 1:15-20

Yari kwicara iburyo bw’Imana

Zaburi 110:1

Ibyakozwe 2:34-36

a Hari igitabo cyagize kiti: “Nta washidikanya ko inyandiko z’Abayahudi zigaragaza ibisekuruza byabo zabuze igihe Yerusalemu yarimburwaga, aho kuba mbere yaho.”

b Izina ry’Igiheburayo Emanweli risobanura ngo “Imana iri kumwe natwe,” rigaragaza neza inshingano Yesu afite yo kuba Mesiya. Ibyo yakoze igihe yari hano ku isi bigaragaza ko Imana yita ku bayisenga.—Luka 2:27-32; 7:12-16.

c Ijambo “Umunyanazareti” rikomoka ku ijambo ry’Igiheburayo neʹtser, risobanura “umushibu.”

d Niba ushaka kumenya ibihamya bigaragaza ko Mesiya yari kugaragara mu mwaka wa 29, reba ingingo ivuga ngo “Uko ubuhanuzi bwa Daniyeli bugaragaza igihe Mesiya yari kuzazira.”

e Ibivugwa muri ubu buhanuzi biboneka mu gitabo cya Zekariya, ariko Matayo we yavuze ko ‘byavuzwe binyuze ku muhanuzi Yeremiya’ (Matayo 27:9). Uko bigaragara igitabo cya Yeremiya cyabanje gushyirwa mu kiciro k’ibitabo by’“Abahanuzi” (Luka 24:44). Birashoboka ko ari yo mpamvu Matayo yakoresheje izina rya “Yeremiya” yerekeza ku kiciro k’ibyo bitabo, harimo n’igitabo cya Zekariya.