25 KAMENA 2019
U BUDAGE
Ikoraniro mpuzamahanga rifite umutwe uvuga ngo “Urukundo ntirushira!” ryabereye i Berlin mu Budage
Itariki: 14-16 Kamena 2019
Aho ryabereye: Sitade iberamo imikino ya Olempiki iri i Berlin mu Budage
Indimi: Icyongereza, Ikidage, Ikirusiya
Abateranye: 37.115
Ababatijwe: 255
Abaje baturutse mu bindi bihugu: 5000
Ibiro by’Abahamya byatumiwe: Amerika, Burezili, Ekwateri, Finilande, Kanada, Polonye, Sikandinaviya, Siloveniya, u Bugiriki n’u Bwongereza
Inkuru z’ibyabaye: Abashyitsi baje mu ikoraniro basuye inzu ndangamurage ya Pergame yo mu mugi wa Berlin, mbere na nyuma y’ikoraniro. Barangije gusura inzu ndangamurage hari umukozi urinda aho hantu wavuze ati: “Abantu benshi nta kizere bafite kubera kubura ukwizera. Icyakora biragaragara ko mwe mufite ukwizera kandi ko mukundana.” Hari undi mukozi wavuze ati: “Gukorana namwe birashimishije; ntumenya uko igihe kigenda ku buryo wakora n’amasaha y’ikirenga.”
Abavandimwe na bashiki bacu baha ikaze abashyitsi ku kibuga k’indege
Abavandimwe na bashiki bacu bari ahabereye ikoraniro basabana
Abashyitsi, bamwe muri bo bambaye imyenda gakondo, barimo bifotoza
Umuvandimwe Samuel Herd, wo mu Nteko Nyobozi, atanga disikuru isoza ku wa Gatandatu
Abateranye bateze amatwi ikoraniro mu rurimi rw’Icyongereza kandi bakagira ibyo bandika. Babiri muri bo bambaye ekuteri kugira ngo bakurikire ikoraniro mu rundi rurimi
Abavandimwe na bashiki bareba umubatizo wabaye ku wa Gatandatu
Abashyitsi bari mu murimo w’igihe cyose wihariye bapepera abateranye ku Cyumweru nyuma ya saa sita
Ifoto y’iyi sitade yafashwe ku munsi wa mbere w’ikoraniro. Iyo sitade yarangije kubakwa mu mwaka wa 1936. Iyi sitade yaherukaga kuberamo ikoraniro mpuzamahanga mu mwaka wa 1990, urukuta rw’i Berlin rumaze gusenywa
Abashyitsi babwiriza mu ruhame, ahantu hasurwa cyane mu mugi wa Berlin
Abashyitsi bari hafi y’inzu ndangamurage ya Pergame
Abateranye bakoma amashyi ibirori birangiye

